Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kirehe: Inkuba Yishe Umuturage N’Amatungo 24
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibiza KamereMu Rwanda

Kirehe: Inkuba Yishe Umuturage N’Amatungo 24

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 October 2024 8:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri iki Cyumweru taliki 20, Ukwakira, 2024 mu Mudugudu wa Remera, Akagari ka Nyarutunga mu Murenge wa Nyarubuye, mu Karere ka Kirehe habereye ibyago bikomeye aho inkuba yishe amatungo 24 arimo inka umunani n’intama 16 by’umugabo umwe.

Ubuyobozi bwa Kirehe bwabwiye itangazamakuru ko buzamushumbusha.

Ibi byago byabereye mu Kagari ka Nyarutunga, Umurenge wa Nyarubuye muri Kirehe

Ntibisanzwe ko inkuba yica amatungo angana atyo icyarimwe, kandi inkuba nk’izo zikunze kwibasira Akarere ka  Rutsiro kurusha utundi mu Rwanda.

Inkuba kandi yishe umuturage wo muri ako gace, ibyo byaho bikaba byarabaye ahagana saaba z’amanywa ubwo hagwaga imvura nyinshi.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno yasobanuriye itangazamakuru uko amakuru y’ibyo byago ateye:

Yagize ati: “Umuntu umwe niwe wapfuye. Yari umugore w’imyaka 24 ariko muri ako kagari ka Nyarutunga inkuba yanakubise amatungo arimo inka 8 n’intama 16. Aya matungo yari ari mu rwuri aho uwo muturage asanzwe ayororera”.

Bruno Rangira

Rangira avuga ko bahise bajya muri ako Kagari gukorana inama n’abaturage kugira ngo babahumurize banabamenyeshe ko ubuyobozi buri kumwe nabo.

Ubuyobozi bwa Kirehe buvuga ko buzanashumbusha umuturage waburiye amatungo ye muri ibyo byago.

Hazanarebwa niba hari ubwishingizi yari afite hanyuma abe yashumbushwa mu gihe bigaragaye ukundi.

Abaturage basabwa kwirinda kugama imvura munsi y’ibiti ahubwo bakugama mu nzu, isakaye.

Kumvira radio hanze nabyo ni ugushyira mu kaga ubuzima bwa nyirayo mu kaga.

Inkuba ni cyo cyiza kica abantu benshi mu bahitanwa nabyo mu Rwanda.

Mu ntangiriro z’umwaka wa 2023 Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi, MINEMA, yatangaje ko mu myaka itanu ishize[hari kugeza mu ntangiriro za 2023],  inkuba zishe abantu 273 mu Rwanda hose zikomeretsa abandi 882.

Abenshi muri bo bari abo mu Turere twa Rutsiro na Karongi mu Ntara y’Uburengerazuba.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi, Habinshuti Philippe yabwiye itangazamakuru  ko aka gace gaherereyemo Akarere ka Rutsiro uretse kuba kari mu twa mbere twibasirwa n’inkuba mu Rwanda, kaza no mu twa mbere ku Isi.

Ati: “Byagaragaye ko atari mu Rwanda gusa ahubwo ko ari ku Isi yose, ko muri aka gace turimo (Rutsiro) ndetse no hakurya y’umupaka, kano gace kari mu duce twibasirwa n’inkuba cyane ku isi.”

Akarere ka Rutsiro hari ku butumburuke bwo hejuru kandi kakagira amabuye y’agaciro menshi

Yavuze ko muri iki gihe hari gukorwa ubushakashatsi ngo hamenyekane impamvu yabyo bityo hafatwe n’ingamba zo kugabanya ubukana bw’iki kibazo.

Abashakashatsi bakeka ko imwe mu mpamvu ibitera ari ubutumburuke buri hejuru cyane bwa kariya gace gaturanye n’ikiyaga cya Kivu kandi kabamo amabuye y’agaciro menshi.

TAGGED:featuredGushumbushaIbizaIkiyagaInkubaKireheKivuMeyaMinisiteriRangiraRutsiroUbutumburuke
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Aho Marburg Yaje Mu Rwanda Ituruka Hamenyekanye
Next Article Uganda: Ubushita Bw’Inkende Buraca Ibintu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Kabila Arasomerwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?