Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kirehe: Nyuma Y’Imyaka Itanu Isoko Ryuzuye Ntiriremwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kirehe: Nyuma Y’Imyaka Itanu Isoko Ryuzuye Ntiriremwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2023 7:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu karere ka Kirehe hari isoko ryambukiranya imipaka rimaze imyaka itanu ryuzuye ariko ntirirema.

Ni isoko riri ku Rusumo ku mupaka uhuza u Rwanda na Tanzania. Ni umwe mu mipaka ikoreshwa cyane haba ku bantu no ku binyabiziga biva cyangwa bijya mu Rwanda cyangwa muri Tanzania.

Abanyarwanda bajya guhaha muri Tanzania kubera ko isoko bubakiwe ngo abacuruzi bo ku mpande zombi bajye barihuriramo, ridakora.

Umwe  mu Banyarwandakazi basanzwe bajya guhahayo avuga ko iyo bagezeyo basoreshwa kandi bikabasaba kuzinduka cyane kuko baba bagomba kugaruka bagacuruza cyangwa bakajya kwita ku ngo zabo.

Ati: “ Iri soko riramutse rikora byadufasha guhaha kuri make tutagiye guhenderwa Tanzania. Kandi iyo nza kuba nahahiye mu Rwanda ubu mba nageze mu rugo.”

Isoko uyu muturage avuga intego yo kuryubaka yari iyo gufasha abaturage bo ku mpande zombi kujya bahahirana badahenzwe.

Abanyarwanda nibo bahombera muri iki kibazo kubera ko  bata igihe bajya hakurya.

Bajyayo kubera ko mu Rwanda ibintu bihenze.

Hari umwe wabwiye RBA ko iyo agiye muri Tanzania ikilo cy’umuceri akigura ku Frw 1100 mu gihe mu Rwanda kigura Frw 1400.

Undi muturage avuga ko abaturage ba Tanzania bataza mu Rwanda kubera ko batinya imisoro.

Icyakora kuba isoko nyambukiranyamipaka rya Rusumo ritaremwa hari abasanga bishobora kuba binaterwa n’uko hafi yarwo hari andi masoko bityo akaritwara abakiliya.

Abaturiye ririya soko bavuga ko aho kugira ngo ririya soko rizangirike ririnde risenyuka, Leta zombi zazareba ikindi ryakoreshwa.

Hari n’abatanga igitekerezo cy’uko hashyirwa ihunikiro ry’ibicuruzwa(stock) kugira ngo abacuruzi bajye babirangurira hafi batavunwe no kujya Nyakarambi cyangwa i Kigali.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe Bruno Rangira avuga ko hari ibyabanje gukorerwa muri ririya soko ariko ngo muri uyu mwaka[2023] rizatangira gukora icyo ryagenewe.

Ati: “ Mu gihe ryari riri hafi kuzura ni nacyo gihe twagize icyorezo cya COVID-19. Mu ngamba zafashwe ku mupaka hari aho abantu bagombaga gucumbikirwa. Harimo abashoferi n’abandi bacaga kuri uriya mupaka icyo gihe bacumbikiwe muri ririya soko.”

Rangira avuga ko ibyo byatumye hari ibyangirika muri ririya soko bityo RTDA na rwiyemezamirimo bari kureba uko babanza kurivugurura ariko habanje kubaho kongera kumvikana uko byakorwa.

Avuga ko amakuru ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe bwamenye ari uko ubwo bwumvikane bwarangiye, igisigaye kikaba kwishyura rwiyemezamirimo kugira ngo arangize imirimo yo kubaka neza ririya soko hanyuma rigatangira gukorerwamo.

Biteganyijwe ko rizatangira gukorerwamo bitarenze Kamena, 2023.

TAGGED:AbacuruziAbaturageAkarerefeaturedIsokoKirehe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyarugenge: Yapfiriye Mu Masengesho
Next Article Dangote Yubatse Uruganda Muri Afurika Rutunganya Essence
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?