Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ku Isi Hamaze Kuba Imyuzure 8 Ikomeye Mu Minsi 11
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ku Isi Hamaze Kuba Imyuzure 8 Ikomeye Mu Minsi 11

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 September 2023 8:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Libya, Ubugereki, Espagne, Ubushinwa, Hong Kong n’Amerika y’Amajyepfo ni ibice bitandukanye by’isi biherutse kwibasirwa n’imyuzure yishe ibihumbi n’ibihumbi by’abantu.

Nk’ubu hari ubwoba ko abantu barenga 10,000 bishwe n’umwuzure watewe n’imvura yazanywe n’inkubi ikomeye iherutse kwibasira Libya.

Iyi nkubi abahanga bayise ‘Daniel’.

Ni ubwa mbere mu mateka imyuzure ingana kuriya ibereye hafi icyarimwe mu bice bitandukanye by’isi nk’uko umuhanga mu by’ubumenyi bw’ikirere witwa Andrew Hoell abivuga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Asanzwe ari umushakashatsi mu kigo kitwa National Oceanic and Atmospheric Administration’s Physical Sciences Laboratory.

Andrew avuga ko byari bimenyerewe ko imyuzure iba mu gice runaka kihariye, ikahaba ari myinshi ariko ngo ni ubwa mbere bibereye icyarimwe ku rwego rw’imigabane ine y’isi.

Ni ikindi avuga ko cyerekana ko abavuga ko imikorere karemano y’ibigize ikirere yahindutse, baba badaca umugani ku manywa.

Inkubi zikomeye ziri kuvuka hirya no hino ku isi, zizana n’ibicu byifitemo amazi menshi bigatera imvura iremereye nayo igaha imbaraga imyuzure.

Abashakashatsi bazi ko guhera mu mwaka wa 1901, igipimo cy’imyuzure cyiyongereyeho 0.4 buri myaka 10.

- Advertisement -

Ni ibitangazwa n’ikigo kitwa Environmental Protection Agency.

Muri ya myuzure umunani ikomeye yabaye mu minsi 11 ishize, buri umwe muri yo ufite ibyawuteye byihariye.

Nk’ubu inkubi yiswe ‘Daniel’ niyo yateje akaga abaturage ba Libya n’abaturage b’Ubugereki.

Indi yiswe Haikui niyo yazaniye akaga abatuye Hong Kong n’abo mu Majyepfo y’Ubushinwa.

Imvura yakurikiye iyi nkubi yateje imyuzure ikomeye ndetse n’inkangu zigera mu ijana zibasira biriya bice by’Aziya.

Hagati aho kandi imvura nyinshi yatumye ibice bya Espagne, Amajyaruguru ya Turikiya ndetse no muri Brazil bahura n’imyuzure yangije byinshi.

Muri Leta zunze ubumwe z’Amerika naho haherutse kwibasirwa n’inkuba zibasiye Leta ya Nevada, bituma hari ibice byayo bibura amashanyarazi.

Imyuzure ni ikibazo ku buzima n’ubukungu by’abantu.

Uretse kuba yica abantu, yangiza ubuso bunini bw’imyaka, amazi yayo akaba yateza indwara iyo atinze gukama kandi yangiza imiyoboro isanzwe itanga amazi meza bityo akabura.

N’ubwo indi myuzure yabaye ahantu twavuze haruguru nayo yangije byinshi, wa muhanga witwa Andrew Hoell yabwiye NBC ko uwo muri Libya ari wo uteje akaga kurushaho.

TAGGED:AbahangaAmazifeaturedImvuraImyuzureLibya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB, Polisi, UNICEF…Mu Bufatanye Bwo Guca Ihohoterwa
Next Article Uganda: Inkongi Yibasiye Imwe Mu Nyubako Zo Ku Kibuga Cya Entebbe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?