Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ku Rusumo Hafatiwe Ikamyo Yibwe Muri Afurika Y’Epfo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ku Rusumo Hafatiwe Ikamyo Yibwe Muri Afurika Y’Epfo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2021 6:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami rya Polisi mpuzamahanga ikorera mu Rwanda ryaraye rihaye umuturage wo muri Afurika y’Epfo ikamyo ye yafatiwe ku mupaka wa Rusumo nyuma y’uko ririya shami muri Afurika y’Epfo ritangaje ko yibwe.

Iyi kamyo yo mu bwoko bwa Scania ifite nomero iyiranga ya CA-183-802. Uwayirangishije atabaza avuga ko ari iye ni uwitwa Andre Hannekom.

Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, ruvuga ko iriya kamyo yibwe mu mwaka wa 2020, ikaba yarafatiwe mu Karere ka Kirehe, ku mupaka u Rwanda rugabaniramo na Tanzania.

Yafashwe iturutse Tanzania yinjira mu Rwanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu butumwa RIB yacishije kuri Twitter ntihavugwamo niba abari bayirimo barafashwe cyangwa niba uko yibwe isa ari ko bayisanze cyangwa yaratewe irindi rangi.

Ishami rya Polisi mpuzamahanga rikorera i Pretoria muri Afurika y’Epfo niryo ryagejejweho kiriya kirego naryo risaba ibindi bihugu kuzakurikirana iriya kamyo nyuma iza gufatirwa mu Rwanda.

Umuhango wo kuyiha nyirayo wari urimo umukozi wa RIB witwa Jean Bosco Zingiro, akaba ari we ushinzwe itumanaho mu ishami rya Interpol i Kigali ndetse n’umupolisi wa Afurika y’Epfo witwa Matome Peter Mmamorobela ukaba akaba azayishyikiriza nyirayo.

Basinye bahererekanya iriya kamyo
Umukozi wa RIB Jean Bosco Zingiro n’umupolisi w’Afurika y’Epfo Matome Peter Mmamorobela.
TAGGED:AfurikafeaturedIkamyoKigaliPolisiRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri DRC Mugiga Imaze Gutuma Abantu 129 Bapfa
Next Article Afurika Icyeneye Ubuhinzi Buvuguruye – Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?