Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: M23 Yishe Abasirikare Umunani Ba RDC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

M23 Yishe Abasirikare Umunani Ba RDC

admin
Last updated: 24 December 2021 8:26 am
admin
Share
SHARE

Abasirikare umunani ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo biciwe mu bitero bibiri bitandukanye, bikekwa ko byagabwe n’umutwe wa M23.

Lieutenant Colonel Muhindo Lwanzo ukorera mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru yabwiye AFP ko “ibirindiro byacu byatewe na M23 muri Bukima, mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira kuri uyu wa Kane. Abasirikare babiri bishwe.”

Lwanzo yavuze ko abarwanyi ba M23 bagabye igitero bakanatwika ibindi birindiro mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri mu gace ka Runyoni, gihitana abasirikare batandatu ku buryo abishwe muri iki cyumweru bose hamwe ari umunani.

Lwanzo yavuze ko ibyo bitero byari ibya karindwi bigabwe na M23 guhera mu Ugushyingo ubwo M23 yagabaga igitero muri Pariki y’Igihugu ya Virunga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyo gohe Ingabo za RDC (FARDC) zatangaje ko M23 yagabye ibitero ku birindiro byazo, bituma abantu bagera mu 5000 bahunga berekeza muri Uganda.

Uyu mutwe wa M23 waherukaga gushoza intambara ikomeye ariko uza kuyitsindwa mu 2013. Uhakana kuba ari wo wagabye biriya bitero.

Kuva muri Gicurasi uyu mwaka, Intara za Kivu y’Amajyaruguru na Ituri ziri mu bihe bidasanzwe, aho Perezida Felix Tshisekedi yanazihaye ba guverineri ba gisirikare nasimbuye abasivili, kugira ngo bafashe mu guhangana n’imitwe yitwaje intwaro.

Kugeza ubu muri Ituri, FARDC irimo guhangana n’umutwe wa ADF ku bufatanye n’Ingabo za Uganda.

TAGGED:featuredM23RDC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umutwe Udasanzwe wa RDF Wasoje Imyitozo i Nasho
Next Article Ikiganiro Cyihariye : Uko MTN Rwanda Yafashe Ibyemezo Byorohereje Abakiliya Mu Bihe by’Icyorezo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?