Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Min Bizimana Yatangaje Ko Ibibera Muri DRC Bibangamira Ubumwe Bw’Abanyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Min Bizimana Yatangaje Ko Ibibera Muri DRC Bibangamira Ubumwe Bw’Abanyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 February 2023 12:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène  yabwiye abitabiriye umunsi wa kabiri w’Inama y’igihugu y’Umushyikirano ko urwango rwigishwa Abanyekongo rubangamiye ubumwe bw’Abanyarwanda.

Bizimana avuga ko  mu gihe u Rwanda rugeze kure ruhashya ingengabitekerezo ya Jenoside, Abanyarwanda babanye mu mahoro, kuba hari ahandi mu karere ruherereyemo hagaragara imvugo y’urwango, bikoma imbere iyo ntambwe.

Ikibazo kirushaho kubyongerera uburemere ni uko urwo rwango ndetse n’ubwicanyi bikorerwa abaturage bavuga Ikinyarwanda bo muri DRC bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ababiba urwo rwango, bavuga ko M23 ikomoka i Rwanda kandi ko ari rwo rwayohereje ngo isahure umutungo wa kiriya gihugu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bituma ababyumvise bagirira u Rwanda n’Abanyarwanda urwango kandi bakabikora batabanje gusuzuma amakuru yose ngo barebe niba nta makuru arimo afutamye.

Dr Jean Damascène Bizimana avuga ko hari abantu banga u Rwanda bahera ku cyo bita Balkanization na Empire Hima-Tutsi bakabeshya ko Abahima n’Abatutsi bafite umugambi wo kwigarurira u Rwanda, Uganda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ngo imvugo ‘Wanyarwanda warudiye kwawo’ na ‘Watusi warudiye kwabo’ zigamije kuyobya zerekana ko abatoterezwa muri kiriya gihugu ari Abanyarwanda.

Muri kiriya gihugu kandi ngo hari n’imvugo ya “Nyoka asikuume” bakoresha bagereranya Umunyecongo w’Umututsi nk’inzoka.

Inyito y’inzoka iri mu zakoreshejwe mu  Rwanda mbere ndetse no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

- Advertisement -

Mu Karere u Rwanda ruherereyemo kandi hari imvugo yitwa ‘ubwenge’.

Ubwo bwenge baba bashaka kuvuga si bwa bundi bw’umwana utagita umutsima, ahubwo ngo ni imvugo abaturage ba DRC banga u Rwanda n’abavuga Ikinyarwanda bakoresha bavuga ko Abanyarwanda ari indyarya.

Dr Bizimana avuga ko abayikoresha “bemeza ko Abanyarwanda ari indyarya.”

Minisitiri Bizimana ati :“Ingengabitekerezo y’urwango iri muri Kongo, ni kimwe n’iyari mu Rwanda mu 1992- 1994, hategurwa Jenoside yakorewe Abatutsi, bikaba bikwiye kuduhwitura mu kurengera ukuri kw’igihugu cyacu.”

Asanga ubufatanye bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo na FDLR kandi DRC ntiyamaganwe, ari ikibazo kibangamiye ubumwe bw’abaturage b’Akarere n’umudendezo wabo.

Minisitiri Dr Bizimana yibukije Abanyarwanda ko badakwiriye kurebera abasebya igihugu n’ubuyobozi bwacyo.

Ngo  bakwiriye guhangana n’ibinyoma bishyigikirwa na bamwe mu banyamahanga.

TAGGED:AbatutsiBizimanaCongoFDLRfeaturedJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Imbogamizi Abarimu B’Amateka Bahura Nazo Mu Kwigisha Aya Jenoside
Next Article Ubufatanye Bwa Canal + Rwanda Na Kaminuza Ya Kepler Mu Guteza Imbere Imyigire
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?