Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Min Gatabazi Yasabye Abayobozi Kwirinda Amakimbirane Mu Ngo Zabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Min Gatabazi Yasabye Abayobozi Kwirinda Amakimbirane Mu Ngo Zabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 June 2022 4:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi yabwiye abari bitabiriye Inteko rusange y’Umujyi wa Kigali ko mu rwego rwo kuba intangarugero aho bayobora, bagomba kwirinda ko mu ngo zabo habamo amakimbirane.

Hari mu Nteko yaguye y’abahagarariye abandi mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali guhera ku Mudugudu kugeza ku rwego rw’Umujyi wa Kigali, ndetse n’Abadepite bahagarariye Umujyi wa Kigali mu Nteko ishinga amategeko.

Indi ngingo abitabiriye iriya Nteko baganiriye  ho ni imikoreshereze y’ingengo y’imari y’umwaka wa 2022/2023

Indi ntego y’iriya nama yari ukumurikira abagize Inteko rusange y’Umujyi wa Kigali aho imigambi y’ibikorerwa abaturage igeze ishyirwa mu bikorwa.

Buri mwaka iyi nama iba igamije no kurebera hamwe ibyagezweho mu mwaka w’ingengo y’imari urangiye n’ibiteganywa gukorwa mu mwaka mushya w’ingengo y’imari 2022-2023.

Hari abayobozi bo mu nzego zitandukanye z’imiyoborere y’Umujyi wa Kigali

Uretse Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu wari umushyitsi mukuru muri iyi Nama, hari yitabiriwe kandi  n’abandi bayobozi batandukanye ndetse n’abahagarariye abaturage kuva ku rwego rw’Umudugudu kugeza mu nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali.

Minisiitiri Gatabazi yongeye kwibutsa abayobozi ko bagomba gukomeza guharanira no abaturage babona serivisi nziza, ntibarenganywe binyuze mu buryo bwose harimo n’akarengane gashingiye kuri ruswa.

Yanasabye abayobozi ko bakwiye kuba intangarugero mu ngo zabo kuko bigoye ko Umuyobozi ufite amakimbirane mu rugo rwe yajya kuganiriza abandi bafite ibibazo k’ibye cyangwa birenze ibye  mu ngo zabo.

Nyuma y’ibitekerezo byatanzwe n’ibibazo byabajijwe mu rwego rwo kurushaho kungurana ibitekerezo by’uko ingengo y’imari yazakoreshwa neza, habayeho igikorwa cyo gushimira Imidugudu 10 yabaye iya mbere mu miyoborere myiza mu Mujyi wa Kigali.

Umudugudu wa Kamatamu wo mu Kagari ka Kankuba, Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge niwo wabaye uwa mbere ukaba wanahawe igikombe cy’ishimwe.

Abandi bari bitabiriye iriya Nteko ni abahagarariye Umujyi wa Kigali mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda.

Umuyobozi Mukuru w’Ibikorwa by’Umujyi wa Kigali Madamu Juliana Rugaza yagaragaje ko haba mu bukungu, ibikorwaremezo n’imibereho myiza y’abaturage imihigo myinshi yarengeje intego yari yarihaye ngo igerweho.

Dr.Félicien Usengumukiza wari  uhagarariye Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere, RGB,  yagaragarije abitabiriye iriya nama uko abaturage babona serivisi z’imiyoborere, umutekano, uburezi n’ibindi bipimo bitandukanye bibanzeho mu bushakashatsi.

Hon Dr Habineza Frank yari ahari ndetse na Hon Eugene Barikana

Ibyegeranyo byinshi byerekana ko inzego z’umutekano ari zo zizezwa n’abaturage kurusha izindi.

TAGGED:featuredGatabaziImiyoborereKigaliUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imyaka Igiye Kuba 30, Hari Abana B’u Rwanda Baheze Mu Butaliyani
Next Article R Kelly Yakatiwe Gufungwa Imyaka 30
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?