Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Bushinwa Hari Indi Ndwara Y’Ubuhumekero ‘Ihangayikishije’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mu Bushinwa Hari Indi Ndwara Y’Ubuhumekero ‘Ihangayikishije’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 November 2023 11:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, WHO, rivuga ko mu Majyaruguru y’Ubushinwa hari indwara y’ubuhumekero iri gufata abana. Ituma bahumeka nabi kandi bakagira umusonga.

Ikinyamakuru cy’Abanyamerika kitwa Fox News cyanditse ko abayobozi b’Ubushinwa bavuga ko nta gikuba cyacitse, ko iyo ndwara idafite ubukana bwakura abantu umutima.

Icyakora abahanga bo hanze yabwo bavuga ko hagombye gukorwa ubugenzuzi bwimbitse kugira ngo ejo bitazagaragara ko abantu barangaye indwara ikomeye nka COVID-19 ikaduka mu isi.

WHO ivuga ko umuntu wa mbere wavuzweho iby’iriya nkorora n’umusonga mu Bushinwa yagaragaye taliki 13, Ugushyingo, 2023.

Ni amakuru iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye rivuga ko ryahawe n’Ubutegetsi bw’i Beijing binyuze muri Komisiyo ishinzwe iby’ubuzima.

Si mu Bushinwa havugwa iki kibazo gusa ahubwo no muri Amerika ni uko kuko hari uburwayi bufata mu buhumekero bwagaragaye mu bice bimwe na bimwe.

Iki kibazo kandi ngo cyanagaragaye mu Bwongereza.

Abahanga mu by’ubuvuzi bavuga ko ibipimo byagaragaje ko abagize buriya burwayi bari abantu bafite imibiri idafite ubudahangarwa buhagije.

TAGGED:AbahangaBusinwaIndwaraUbuhumekeroUmusonga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Centrafrique: Aba Mbere RDF Yatoje Kuba Ingabo Bagiye Kwinjira Mu Kazi
Next Article Salva Kirr Yasimbuye Ndayishimiye Ku Buyobozi Bwa EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

AFC/M23 Ishinja Leta Ya Kinshasa Kutubahiriza Ibyo Guhana Imfungwa

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Ubusuwisi: Abantu 40 Bahiriye Mu Kabari 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bunyoni Ararembye

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

You Might Also Like

Mu mahanga

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Nyagatare: Inka 125,000 Zigiye Gukingirwa Indwara Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?