Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Karere Ka Gisagara Hari Abaturage Baraye Mu Baturanyi Kuko Imvura Yabasenyeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Karere Ka Gisagara Hari Abaturage Baraye Mu Baturanyi Kuko Imvura Yabasenyeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 April 2022 7:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara baraye bacumbikiwe n’abaturanyi babo nyuma y’uko ibisenge by’inzu zabo zisakambuwe n’umuyaga mwinshi wahereje imvura irimo amahindu yaraye ihaguye.

RBA yanditse ko hari inzu nyinshi zasenyutse burundu, ibisenge n’inkuta zidakomeye bivaho, izindi zangirika mu rugero runaka.

Ngo ni imvura yagwanye umuriri ukomeye igwa mu gihe gito ariko isiga yangije byinshi.

Yari irimo amahindu aremereye n’umuyaga wihuta.

Abenshi mu basenyewe barasaba Leta kubafasha kongera gusana inzu zabo kugira ngo babone aho barara, bareke gukomeza gucumbikirwa n’abaturanyi.

Ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru ducyesha iyi nkuru, RBA, kivuga ko hari n’ikigo cy’amashuri abanza kiri ahitwa Muyinga cyasenyutse, ibyumba birasakambuka bivaho amabati 100.

Muri byo harimo n’icyumba cy’umukobwa cyagenewe gushafa abanyeshuri b’abakobwa kubona ahantu hihariye habafasha gucyemura tumwe mu tubazo twabo bahurira natwo ku ishuri.

No ku rwunge rw’amashuri rwa Muduha n’aho ngo hagurutse igihande kimwe cy’ishuri cyangiritse harimo n’igikoni n’amabati 40 arasakambuka.

Haracyabarurwa ibyangiritse byose kandi ngo umubare n’ubukana bw’ibyangiritse ushobora kwiyongera.

TAGGED:AbaturagefeaturedGisagaraImvuraUmuyaga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwasinyanye Na Zambia Amasezerano Y’Ubufatanye Mu Burobyi
Next Article Tumenye Uruzi Rwa Zambezi Ruriho Isumo Perezida Kagame Yaraye Asuye Muri Zambia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?