Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Myaka 8 Ba Perezida Babiri Ba Sena Y’u Rwanda Bareguye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Myaka 8 Ba Perezida Babiri Ba Sena Y’u Rwanda Bareguye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 December 2022 6:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Augustin Iyamuremye yaraye atangaje ko yeguye ku nshingano zo kuyobora Sena y’u Rwanda. Ibaruwa yanditse iby’iyegura rye ivuga ko yabikoze bitewe n’uburwayi. Hashize imyaka umunani Dr. Jean Damascène Ntawukuriryayo nawe yeguye kuri uyu mwanya.

Dr.Ntawukuriryayo yeguye muri Nzeri 2014, ahita asimburwa na Bernard Makuza wari usanzwe ari Visi Perezida wa Sena y’u Rwanda.

Kwegura kwa Dr. Ntawukuriryayo kwavuzweho byinshi, ndetse bamwe bakavuga ko ‘yajyaga asesagura’ umutungo wa Sena y’u Rwanda yitwaje umwanya yari ariho.

Dr Ntawukuriryayo yeguye muri Nzeri 2014.

Kwegura kwe abyibwirije byamuhaye uburenganzira bwo gukomeza kuba Umusenateri, ndetse akirangiza gutangaza ubwegure bwe yahise ajya kwicarana n’abandi ba Senateri,  Nyakubahwa Bernard Makuza akomereza aho Ntawukuriryayo yari agejeje.

Ntawukuriryayo yatangaje ko yeguye kubera ‘impamvu ze bwite.’

Nyuma y’imyaka umunani, undi Perezida wa Sena areguye.

Dr. Augustin Iyamuremye   yasobanuye ko yeguye kubera uburwayi, avuga ko akeneye gufata umwanya wo kwivuza bitabangamiye inshingano ze.

Yashimiye Perezida wa Repubulika ku cyizere yamugiriye.

Ati: “ Mboneyeho kongera gushima Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, icyizere ntagereranywa atahwemye kungaragariza. Namwe ba Nyakubahwa ba Senateri nongeye kubashimira ko mwantoye kandi mutigeze muntererana muri izi nshingano zitoroshye. Aho naba naragize intege nke si k’ubushake, mbisabiye imbabazi kandi mbijeje ko ntazigera niyumvamo ko nacyuye igihe mu ntege nke zanjye zose nzakomeza kwitangira igihugu.”

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatanu  taliki ya 9, Ukuboza 2022, Inteko Rusange igezwaho uko kwegura yemeze ko Perezida wa Sena avuye burundu mu nshingano ze.

Dr. Augustin Iyamuremye

Ingingo ya 20 y’Itegeko rigenga Sena y’u Rwanda iteganya ko mu gihe kitarenze iminsi 30 uhereye ku munsi Sena yemeje ko Biro yose, babiri cyangwa umwe mu bagize Biro ya Sena bavuye burundu mu mirimo yabo, inama igamije gusimbura abagize Biro yose, babiri cyangwa umwe mu bagize Biro ya Sena itumizwa kandi ikayoborwa na Perezida wa Repubulika ari na we uyobora iryo tora.

Utorewe gusimbura uvuye muri Biro arangiza manda y’uwo asimbuye.

TAGGED:featuredIyamuremyeNtawukiriryayoSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburusiya Bwafunguye Umunyamerikakazi Ukina Basket, Amerika Ifungura Umurusiya Ucuruza Intwaro
Next Article Abanyarwanda Barenga 617 Bahitanywe N’Impanuka Mu Mwaka Wa 2022- Polisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

PM Nsengiyumva Yabwiye Abanyamerika Icyo u Rwanda Rukora Ngo Rutere Imbere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?