Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mudugudu Uvugwaho Gukubita Umunyamakuru I Nyagatare Ari Mu Rukiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mudugudu Uvugwaho Gukubita Umunyamakuru I Nyagatare Ari Mu Rukiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 July 2021 10:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ku rukiko aho urubanza rwabereye
SHARE

Mu masaha ari imbere hagiye gutangira urubanza rw’Umukuru w’Umudugudu  wa Rubona, Akagari ka Rwisirabo, Mu Murenge wa Karangazi witwa Sam Kalisa uregwa gukubita umunyamakuru wa Flash FM ishami rya Nyagatare. Rurabera mu Rukiko rw’ibanze rwa Nyagatare.

Amakuru umwe mu bari muri ruriya rukiko yahaye Taarifa ni uko ababuranyi bombi bageze mu rukiko, hategerejwe abacamanza.

Inkuru y’iri hohoterwa nk’uko uriya munyamakuru yabitubwiye, yatangajwe tariki 19, Nyakanga, 2021 ubwo byavugwaga ko uriya  Mukuru w’umudugudu yashyizeho bariyeri irinzwe n’abasore bafite inkoni bakumira abaturage ngo ntibajye kuvoma kuko ari ‘Guma mu Rugo.’

Kuri iki Cyumweru tariki 18, Nyakanga, 2021 nibwo abanyamakuru babiri ba Radio Flash bakorera muri Nyagatare bahamagawe n’abaturage ngo bajye kureba akarengane bakorerwa ko kubuzwa kujya kuvoma.

Umwe muri bo usanzwe ukora ikiganiro cy’iyobokamana witwa  Fidel Mukunzi bucyeye bw’aho yabwiye Taarifa ko yahamagawe n’umuturage amusaba kubakorera ubuvugizi kubera ko hari abasore bashyizeho bariyeri ahantu abaturage baca bajya kuvoma bityo bakabura amazi yo gukoresha.

Mukunzi yahamagaye mugenzi we ukora ibiganiro by’imibereho y’abaturage witwa Charles Ntirenganya ngo amuherekeze  bajye kumva ikibazo cy’abo baturage.

Yatubwiye ko bahageze bahura n’abo basore bashyizeho iyo bariyeri.

Iriya bariyeri yari ikozwe n’igiti cy’ihango gishinze, gitambitseho ikindi kirekire nacyo kigenda kigahagama mu rugo rw’imiyenzi.

Mukunzi yagize ati: “ Twarahageze Ntirenganya abaza abo basore niba kubuza abaturage kujya kuvoma biri mu mabwiriza ya Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu abandi bamusubiza ko ari amabwiriza y’Umudugudugu.”

Umukuru w’Umudugudu wa Rubona witwa Sam Kalisa yaje kuza kumva uko ibintu bimeze, abanyamakuru ba Flash FM ishami rya Nyagatare bamubwira ko baje kureba ikibazo abaturage babagejejeho cy’uko babuzwa kujya kuvoma kubera abantu bashyizeho bariyeri.

Fidel Mukunzi yatubwiye ko  Mudugudu Kalisa Sam yabasubije ko ariya mabwiriza ‘ari we n’umudugudu we’ bayashyizeho.

 Umunyamakuru ‘yakubiswe’ inkoni mu gituza…

Nyuma gato ngo Kalisa yahamagaye Komanda wa Polisi, station ya Karangazi, amubwira ko hari abanyamakuru bamuteye mu mudugudu we batamumenyesheje, ko byaba byiza abazanye kuri station.

Abanyamakuru ba Flash FM bavuga ko babyemeye kuko bumvaga nta makosa bari bafite, ni uko baragenda.

Bageze imbere ahantu hari amayira abiri, mudugudu abasaba guca mu kayira kamwe ariko Charles  Ntirenganya we ahitamo guca mu kandi, mudugudu amusabye kutagakomerezamo, undi amwima amatwi, nibwo ngo mudugudu yakubise umunyamakuru inkoni mu gituza.

Icyatumye Ntirenganya ahitamo guca muri kariya kayira ngo ni uko yari azi ko gatunguka mu mudugudu uyoborwa n’umugabo w’imico myiza, utakwemera kubona umuntu ahohoterwa.

Mugenzi we witwa Fidel Mukunzi yabwiye Taarifa ko undi musore wari uri kumwe na mudugudu nawe yakubise Ntirenganya inkoni mu butugu.

Ati: “ Maze kubona ko mugenzi wanjye akubiswe, nahise mfata inkoni ya mudugudu nanga ko yakongera gukubita Charles. Ubwo twari tugeze mu mudugudu wa Gakoma, abaturage barahurura harimo n’umudamu witwa Cyomukama.”

Mukunzi yatubwiye ko yatandukanye na mugenzi we yuriye moto agiye ku kigo nderabuzima cya Karangazi kwivuza.

Umuyobozi muri Flash FM,  ishami rya Nyagatare ushinzwe ibiganiro witwa Issa Kwigira nawe yabwiye Taarifa ko umukozi we yahohotewe kandi ko bidakwiye.

TAGGED:AbanyamakurufeaturedFlashMuduguduNyagatareUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyamerika Bafitiye Ubwoba Umutingito Ukomeye Na Tsunami Bibugarije
Next Article RDF Yishe Abarwanyi Benshi Muri Mozambique, Umusirikare Umwe Arakomereka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?