Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Inzego Z’Ubuzima ‘Zatekinitse’ Imibare Y’Abana Bagwingiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Inzego Z’Ubuzima ‘Zatekinitse’ Imibare Y’Abana Bagwingiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2023 2:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inzego z’ubuzima, abayobozi b’ibigo nderabuzima n’abandi bafite aho bahuriye n’ubuzima banyomojwe n’ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera  umwana (NCDA) ubwo bavugaga ko  nta mwana wagaragaje ibipimo by’imirire mibi kuva uyu mwaka wa 2023 watangira.

Abo muri Muhanga bavuga ko nta mwana wagwingiye bafite ariko bo muri kiriya kigo bakavuga ko iyo mibare idashoboka.

Muri iriya nama, abakozi bo mu bigo nderabuzima byo mu Karere ka Muhanga babwiye inzego ko mu birebana n’imirire mibi ihutiyeho hakoreshejwe igipimo cy’ikizigira cy’ukuboko kw’ibumoso, ibipimo byerekana ko abana bafite ibilo bikwiriye, ndetse n’ibipimo bigaragaza ko abana barimo gukura neza.

Ngo ibyo bipimo byose byerekana ko abana bose ‘bari muri zero’ mu rwego rw’imirire mibi no kugwingira.

Icyakora ibi bihabanye n’ibyo umukozi ushinzwe imirire y’umubyeyi n’umwana muri NCDA Machara Faustin yabwiye bagenzi  bacu ba UMUSEKE.

Avuga ko bidashoboka abana bose bafatiwe ibipimo babona zero, bityo ko iyo mibare idahuje n’ukuri.

Machara asanga hakenewe kongera gusuzuma iyi mibare kuko ariyo igihugu gishingiraho mu kurwanya igwingira mu bana.

Yarabwiye ati: “Imibare mwerekanye ku rundi ruhande ivuze ko nta mata Minisitiri y’imari n’igenamigambi izaha abana uku kwezi.”

Machara Faustin ( Ifoto@UMUSEKE.RW)

Avuga ko iyo abakozi berekanye ko nta mwana ufite ikibazo, hari amahirwe baba bavutsa abo bana.

Biterwa n’uko  Leta iba igomba kumenya imibare hakiri kare kugira ngo ikumire icyo kibazo mu maguru mashya.

Umwe muri bariya bakozi nawe yemera ko habayeho uburangare mu gukusanya iyo mibare kuko biyambaje abajyanama b’ubuzima batigeze bakora akazi ko gupima abana mu buryo busanzwe bukorwa.

Hejuru y’uburangare, hiyongeraho umubare muto w’abakozi bashinzwe imirire mu bigo nderabuzima.

 Avuga ko bagiye gusubira muri iriya mibare bagakora ijyanye n’ukuri kugira ngo abana bafite ikibazo cy’imirire mibi bahabwe amata abagenewe.

Umuyobozi wungurije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Muhanga, Mugabo Gilbert  yabagiriye inama ko bagomba kwirinda kubeshya igihugu.

Ku rundi ruhande, Mugabo yirinze kwerura ngo asubire mubyo yanengaga abakozi bo mu bigo nderabuzima, ahubwo avuga ko kuba nta mwana wabonetse afite imirire mibi bibaho keretse iyo bijya kuba ari imibare yerekana uko ikibazo kimeze mu gihe cy’umwaka.

Ngo nta gikuba cyacitse!

Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bugaragaza ko abana 35% aribo bafite igwingira mu gihe abagera kuri 2% bafite ikibazo cy’imirire mibi.

TAGGED:AbanafeaturedIgwingiraImibareMuhangaUbureziUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muzaharanire Ishema Ry’u Rwanda-Minisitiri Gasana Abwira Abapolisi
Next Article DRC: Haribazwa Impamvu Kenya Yohereje Ingabo i Kisangani
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?