Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Kigali Henshi Ibikoresho Byo Gupima COVID Byabuze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muri Kigali Henshi Ibikoresho Byo Gupima COVID Byabuze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2021 7:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Icyo Taarifa yamenye ni uko hari ahantu henshi mu mujyi wa Kigali bari basanzwe bapima COVID-19 abaturage bagiye kwipimisha basanga nta bikoresho byo kubapima bihari.

Hari umuturage umwe wahuye n’umwe mu banyamakuru ba Taarifa amubwira ko kwa Nyirinkwaya ari ho yasanze ibikoresho bipima ariko ngo byari bike.

Undi muturage wagiye kwisuzumisha iki cyorezo muri centre de sante ya Mwendo mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge nawe yatubwiye ko yagiye kwisuzumisha asanga hari ibikoresho bipima bike.

Ati: “Nahageze bambwira ko ibikoresho ari bike ndetse bambwiye ko basigaranye iby’abantu batarenze 15.”

Uyu mugabo watubujije kumuvuga amazina yatubwiye ko bamubwiye ko impamvu ibitera ari uko abantu bipimisha ngo barebe uko bameze ari benshi k’uburyo ibikoresho byo gupima ari bike muri rusange.

Imibare y’abanduye kiriya cyorezo mu Rwanda imaze iminsi yiyongera k’uburyo muri Kamena 2021 ari bwo hagaragaye abarwayi n’abo cyahitanye benshi kurusha ikindi gihe cyose kimeze kigeze mu Rwanda.

Umujyi wa Kigali niwo wa mbere ugaragaramo ubwandu bwinshi hagakurikiraho Akarere ka Musanze.

Taarifa yahamagaye umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima Dr Sabin Nsanzimana ngo agire icyo abivugaho ntiyashobora kwitaba telefoni ye igendanwa.

Icyo badutangariza turakigeza ku basomyi bacu.
Ibikoresho byo gupima bitumizwa na Leta y’u Rwanda ibindi bitangwa n’inshuti zarwo.

Hagati aho hari amakuru dufite avuga ko hari ibikoresho bipima COVID -19 u Rwanda rwatumije biri mu nzira biza.

TAGGED:COVID-19featuredIbikoreshoIbipimoKigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Ifite Perezida Mushya: Isaac Herzog
Next Article Abana 2 B’I Gasabo Batarengeje Imyaka 15 Bavugwaho Gucuruzwa n’Umugabo Wari Ubacumbikiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?