Musafili Na Musabyimana Bavanywe Muri Guverinoma

Inama y’Abaminisitiri yaraye iteranye yanzura ko Dr. Patrice Mugenzi ayobora  Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu asimbuye Musabyimana Jean Claude naho Dr. Marc Cyubahiro Bagabe asimbura Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr. Ildephonse Musafiri

Mugenzi yari asanzwe ayobora Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative, RCA.

Yigishaga no muri Kaminuza y’u Rwanda, akaba yarabaye Umuyobozu wa RCA muri Kanama, 2023 asimbuye Pacifique Mugwaneza wayobora iki kigo by’agateganyo.

Dr. Mark Cyubahiro Bagabe we yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’lgihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera Umuguzi (RICA).

Mbere yo kuyobora RICA yabanje kuyobora Ikigo cy’Igihugu gitsura Ubuziranenge (RSB) n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB).

Musabyimana Jean Claude yari amaze hafi imyaka ibiri ari Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu  kuko  yagiyeho tariki 10 Ugushyingo 2022, asimbuye Gatabazi Jean Marie Vianney.

Dr. Ildephonse Musafiri yari amaze kuri uwo mwanya  umwaka umwe kuko yagiyeho kuva tariki ya 2 Werurwe 2023, akaba yari yarasimbuye Mukeshimana Géraldine.

Inama y’Abaminisitiri kandi yemeje ko Madamu Aurore Mimosa Munyangaju wahoze ari Minisitiri wa siporo aba Ambasaderi w’u Rwanda mu bwami bwa Luxembourg.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version