Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muzaharanire Ishema Ry’u Rwanda-Minisitiri Gasana Abwira Abapolisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muzaharanire Ishema Ry’u Rwanda-Minisitiri Gasana Abwira Abapolisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 February 2023 5:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Umutekano mu gihugu Alfred Gasana yabwiye abapolisi barangija amasomo abinjiza muri Polisi y’u Rwanda ko ikinyabupfura no kubaha inshingano zabo ari byo bizatuma baramba mu kazi. Yabasabye kuzaharanira ishema ry’u Rwanda aho bazaba bari hose.

Abapolisi barenga 1000 bahawe ipeti rya Police Constable bibukijwe ko umurimo wabo ari ingirakamaro ku batuye u Rwanda n’abarusura.

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alfred Gasana yavuze ko kugira ngo akazi kabo gatange umusaruro bizabasaba gukorana n’abandi no kuzirikana ko iyo gakozwe neza gatanga ishema ku gihugu, kakorwa nabi kakaba ikibazo cyane cyane kuwakishe.

Abapolisi bibukijwe ko umurimo wabo ari ingirakamaro ku mutekano w’abantu n’ibintu

Gasana yabashimiye ubwitange n’umurava bagaragaje mu masomo yabo kamdi abizeza ubufatanye.

Umuyobozi w’ishuri rya Polisi rya Gishari Commissioner of Police(CP) Robert Niyonshuti yavuze ko bariya bapolisi batojwe byinshi birimo amasomo ya gisirikare, aya gipolisi, kurasa n’imbunda, imyitozo njyarugamba n’ibindi.

Nawe yasabye kuzarangwa n’umutima ya kinyamwuga kandi bakibuka ko abaturage babitezeho byinshi.

Ibya ruswa ntibirimo…

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera yavuze ko kuba umubare w’abapolisi wiyongera ari ikintu kiza kubera ko bituma akazi gakorwa neza.

Avuga ko ibikoresho bihari  kandi n’umubare w’abapolisi uzakomeza kwiyongera.

CP Kabera yaburiye abapolisi basha ko uzajya mu bya ruswa bitazamuhira.

Ati: “ Uretse n’abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda, n’abandi bose muri rusange ntawemerewe kurya ruswa. Ufashwe tumuha ibihano biremereye birimo no kwirukanwa.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda asaba abaturage kuzakomeza gukorana na Polisi kugira ngo inshingano zayo zigerwaho kandi bikorwe mu nyungu z’abaturage.

Muri uyu muhango hari n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda uherutse guhabwa inshingano na Perezida Paul Kagame, IGP Felix Namuhoranye.

Abapolisi bahawe ipeti ribinjiza muri uyu mwuga bari bamaze amezi 11 babitorezwa i Gishari.

TAGGED:AbanyeshuriAbapolisifeaturedGasanaGishariPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bafashwe Biba Imiti Kwa Muganga
Next Article Muhanga: Inzego Z’Ubuzima ‘Zatekinitse’ Imibare Y’Abana Bagwingiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?