Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muzaharanire Ishema Ry’u Rwanda-Minisitiri Gasana Abwira Abapolisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muzaharanire Ishema Ry’u Rwanda-Minisitiri Gasana Abwira Abapolisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 February 2023 5:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Umutekano mu gihugu Alfred Gasana yabwiye abapolisi barangija amasomo abinjiza muri Polisi y’u Rwanda ko ikinyabupfura no kubaha inshingano zabo ari byo bizatuma baramba mu kazi. Yabasabye kuzaharanira ishema ry’u Rwanda aho bazaba bari hose.

Abapolisi barenga 1000 bahawe ipeti rya Police Constable bibukijwe ko umurimo wabo ari ingirakamaro ku batuye u Rwanda n’abarusura.

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alfred Gasana yavuze ko kugira ngo akazi kabo gatange umusaruro bizabasaba gukorana n’abandi no kuzirikana ko iyo gakozwe neza gatanga ishema ku gihugu, kakorwa nabi kakaba ikibazo cyane cyane kuwakishe.

Abapolisi bibukijwe ko umurimo wabo ari ingirakamaro ku mutekano w’abantu n’ibintu

Gasana yabashimiye ubwitange n’umurava bagaragaje mu masomo yabo kamdi abizeza ubufatanye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuyobozi w’ishuri rya Polisi rya Gishari Commissioner of Police(CP) Robert Niyonshuti yavuze ko bariya bapolisi batojwe byinshi birimo amasomo ya gisirikare, aya gipolisi, kurasa n’imbunda, imyitozo njyarugamba n’ibindi.

Nawe yasabye kuzarangwa n’umutima ya kinyamwuga kandi bakibuka ko abaturage babitezeho byinshi.

Ibya ruswa ntibirimo…

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera yavuze ko kuba umubare w’abapolisi wiyongera ari ikintu kiza kubera ko bituma akazi gakorwa neza.

Avuga ko ibikoresho bihari  kandi n’umubare w’abapolisi uzakomeza kwiyongera.

- Advertisement -

CP Kabera yaburiye abapolisi basha ko uzajya mu bya ruswa bitazamuhira.

Ati: “ Uretse n’abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda, n’abandi bose muri rusange ntawemerewe kurya ruswa. Ufashwe tumuha ibihano biremereye birimo no kwirukanwa.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda asaba abaturage kuzakomeza gukorana na Polisi kugira ngo inshingano zayo zigerwaho kandi bikorwe mu nyungu z’abaturage.

Muri uyu muhango hari n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda uherutse guhabwa inshingano na Perezida Paul Kagame, IGP Felix Namuhoranye.

Abapolisi bahawe ipeti ribinjiza muri uyu mwuga bari bamaze amezi 11 babitorezwa i Gishari.

TAGGED:AbanyeshuriAbapolisifeaturedGasanaGishariPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bafashwe Biba Imiti Kwa Muganga
Next Article Muhanga: Inzego Z’Ubuzima ‘Zatekinitse’ Imibare Y’Abana Bagwingiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?