Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muzaharanire Ishema Ry’u Rwanda-Minisitiri Gasana Abwira Abapolisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muzaharanire Ishema Ry’u Rwanda-Minisitiri Gasana Abwira Abapolisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 February 2023 5:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Umutekano mu gihugu Alfred Gasana yabwiye abapolisi barangija amasomo abinjiza muri Polisi y’u Rwanda ko ikinyabupfura no kubaha inshingano zabo ari byo bizatuma baramba mu kazi. Yabasabye kuzaharanira ishema ry’u Rwanda aho bazaba bari hose.

Abapolisi barenga 1000 bahawe ipeti rya Police Constable bibukijwe ko umurimo wabo ari ingirakamaro ku batuye u Rwanda n’abarusura.

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alfred Gasana yavuze ko kugira ngo akazi kabo gatange umusaruro bizabasaba gukorana n’abandi no kuzirikana ko iyo gakozwe neza gatanga ishema ku gihugu, kakorwa nabi kakaba ikibazo cyane cyane kuwakishe.

Abapolisi bibukijwe ko umurimo wabo ari ingirakamaro ku mutekano w’abantu n’ibintu

Gasana yabashimiye ubwitange n’umurava bagaragaje mu masomo yabo kamdi abizeza ubufatanye.

Umuyobozi w’ishuri rya Polisi rya Gishari Commissioner of Police(CP) Robert Niyonshuti yavuze ko bariya bapolisi batojwe byinshi birimo amasomo ya gisirikare, aya gipolisi, kurasa n’imbunda, imyitozo njyarugamba n’ibindi.

Nawe yasabye kuzarangwa n’umutima ya kinyamwuga kandi bakibuka ko abaturage babitezeho byinshi.

Ibya ruswa ntibirimo…

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera yavuze ko kuba umubare w’abapolisi wiyongera ari ikintu kiza kubera ko bituma akazi gakorwa neza.

Avuga ko ibikoresho bihari  kandi n’umubare w’abapolisi uzakomeza kwiyongera.

CP Kabera yaburiye abapolisi basha ko uzajya mu bya ruswa bitazamuhira.

Ati: “ Uretse n’abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda, n’abandi bose muri rusange ntawemerewe kurya ruswa. Ufashwe tumuha ibihano biremereye birimo no kwirukanwa.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda asaba abaturage kuzakomeza gukorana na Polisi kugira ngo inshingano zayo zigerwaho kandi bikorwe mu nyungu z’abaturage.

Muri uyu muhango hari n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda uherutse guhabwa inshingano na Perezida Paul Kagame, IGP Felix Namuhoranye.

Abapolisi bahawe ipeti ribinjiza muri uyu mwuga bari bamaze amezi 11 babitorezwa i Gishari.

TAGGED:AbanyeshuriAbapolisifeaturedGasanaGishariPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bafashwe Biba Imiti Kwa Muganga
Next Article Muhanga: Inzego Z’Ubuzima ‘Zatekinitse’ Imibare Y’Abana Bagwingiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?