Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nathan TV: Shene Yihariye Canal + Rwanda Yageneye Abana Ngo Bigireho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nathan TV: Shene Yihariye Canal + Rwanda Yageneye Abana Ngo Bigireho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 October 2021 11:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’Abafaransa gicuruza serivisi z’amashusho kitwa Canal + Rwanda cyatangije shene ya Televiziyo kise Nathan TV igenewe abana. Izabafasha kumenya byimbitse ibyo mwarimu yabigishije.

Mu mizo ya mbere abana baratangira biga Imibare n’Igifaransa.

Ishuri rizajya ritangirwamo ariya masomo riri muri Côte d’Ivoire.

Rigizwe n’abanyeshuri icyenda bigishwa n’abarimu barindwi baturutse hirya no hino muri Afurika.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bivuze ko amasomo azajya atangirwa muri kiriya gihugu ariko akerekanwa hirya no hino ku isi mu bihugu Canal + Rwanda itangiramo serivisi.

Ibiganiro bya Nathan TV  bitegurwa n’Ikigo kitwa Nathan publication ku bufatanye na Canal+ Rwanda.

Ibiganiro bya Nathan TV bimaze imyaka 130 bitambuka kandi byafashije abana benshi mu masomo yabo.

Umuyobozi mukuru wa Canal + Rwanda , Madamu Sophie TCHATCHOUA avuga ko batekereje kuzana Nathan TV nyuma yo kubona ko babisabwa n’abantu benshi basanzwe bakoresha Canal +Rwanda.

Ngo buriya busabe bwarushijeho kuba bwinshi mu bihe bya Guma mu Rugo kuko icyo gihe amasomo yatangwaga kandi agakurikiranwa mu buryo bw’ikoranabuhanga.

- Advertisement -

Ati: “Intego yacu ni ugufasha abana kurushaho gusobanukirwa n’ibyo biga binyuze mu kubereka mu buryo bw’amashusho uko ibintu runaka bikorana. Bizatuma barushaho kubyumva.”

Abana bagenewe ariya masomo bafite hagati y’imyaka irindwi n’imyaka 12 y’amavuko.

Madamu TCHATCHOUA yemeza ko birinze ko hagira amatangazo yamamaza atambuka mu gihe abana bari kwiga.

Babyirinze mu rwego rwo kwanga ko hagira ikibarangaza.

Abakozi ba Canal + bari kumwe n’umuyobozi wayo mu Rwanda Madamu Sophie TCHATCHOUA. Photo@The New Times

Ku rundi ruhande ariko, abo muri Canal + Rwanda bavuga ko intego yabo atari ukwerekana ko ishuri ryataye agaciro ahubwo ko bagamije kunganira abarimu igihe abana batashye.

Ni ubwunganizi bwo gufasha abana kudata umwanya ku zindi televiziyo bareba amashusho ashobora kwangiza ibitekerezo byabo.

Umuyobozi w’Ikigo cy’amashuri kitwa École Francophone Antoine de Saint-Exupéry witwa Philippe Durand-Masse yashimye kiriya gikorwa, avuga ko ababyeyi muri rusange ari bo bazerekana niba iriya gahunda ari ingirakamaro koko.

Martine Umubyeyi uyobora Ishuri  La Colombière  nawe yashimye kiriya gikorwa, kuko kizafasha abana gusubira mu byo bize bageze iwabo.

Ubuyobozi bwa Canal + Rwanda buvuga ko hari  gahunda yo kuzongera Icyongereza mu ndimi zitangwamo amasomo ya Nathan TV.

Uretse imibare, ubuyobozi bwa Canal + buteganya no kuzongeramo amasomo y’ubundi bumenyi( sciences), bikazakorwa hashingiwe ku byo abakiliya bifuza.

Abakoresha Canal + Rwanda bashobora kubona shene ya Nathan TV binyuze ku ifatabuguzi ryiswe Ikaze, Zamuka, Zamuka na Siporo ndetse na Ubuki,

Mu minsi iri imbere hari undi muryango uzafatanya na Canal + witwa ‘Organisation A Bato’ mu kwishyurira amafaranga y’ishuri abana 20 bo mu miryango itishoboye ndetse bakanahabwa ibikoresho by’ishuri.

Hari n’indi gahunda yo gufasha amashuri ane arimo iryo muri Kimironko, iry’i Huye, i Rusizi n’i Rubavu kwiteza imbere.

Muri buri shuri hazashyirwa televiziyo yo gufasha abana gukurikirana amasomo yo kuri Nathan TV.

Tariki 29, Nzeri, 2021 mu rwego rwo gukomeza  guha ibyiza abakiliya ba Canal + Rwanda ubuyobozi bw’iki kigo bwatangije amashene mashya agiye kwiyongera kuyari asanzwe mu Rwanda.

Ni gahunda yatangiranye n’Ukwakira, 2021.

Aya mashene mashya yagaragajwe ku mugaragaro n’umuyobozi mukuru wa Canal+ Sophie TCHATCHOUA watangaje ko ayo mashene arimo CANAL+ PREMIERE, CANAL+ POP ndetse na shene nshya y’abana NATHAN TV.

Sophie Tchatchoua yabwiye abanyamakuru ko ariya  mashene yashyizweho kugira ngo abafatabuguzi ba Canal+ Rwanda bakomeze kuryoherwa na porogaramu zitandukanye ku mashene bwite ya Canal+ Rwanda.

 

Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Anfré Antoine (wa kabiri ibumoso) yitabiriye iki gikorwa
Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation Sandrine Umutoni hamwe na Sophie Tchatchoua uyobora Canal Plus Rwanda

TAGGED:Canal +featuredIgifaransaNathanTeleviziyo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bwa Mbere, Umuntu ‘Yateweho’ Impyiko Y’Ingurube
Next Article Hadutse Ubundi Bwoko Bwa COVID-19 Bwiswe NU
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?