Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nduhungirehe Yabwiye Amahanga Ko Kurasa Mu Rwanda Kwa DRC Ari Ikosa Rikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yabwiye Amahanga Ko Kurasa Mu Rwanda Kwa DRC Ari Ikosa Rikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2025 12:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nduhungirehe Olivier yabwiye Akanama k’Afurika yunze ubumwe gashinzwe amahoro ko kurasa mu Rwanda kwakozwe na DRC mu minsi ishize ari ikosa rikomeye rikwiye kwamaganwa na buri wese.

Yabivugiye mu nama yahuje abashinzwe ububanyi n’amahanga n’umutekano bo muri Afurika yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Nduhungirehe yavuze ko ikindi kibazo gikomeye kandi gikwiye kwamaganwa ari intego ya Perezida Tshisekedi yo guhindura ubutegetsi bw’i Kinshasa, bigakorwa binyuze mu ngufu za gisirikare.

Yagize ati: ” Ikibazo cy’umutekano muke muri DRC cyagombye kuba cyarakemutse kera iyo biza guca mu biganiro bya Politiki. Iyo hifashishwa inzira ya Politiki ibintu biba byaragenze neza kera”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda avuga ko ibiganiro bya Nairobi n’ibya Luanda byombi ari ingirakamaro ariko bikwiye kugera ku gikenewe ari cyo umuti urambye ku mahoro mu Karere ruherereyemo.

Uruhande rwa DRC rwo rukomeje kwemeza ko u Rwanda ari rwo rufasha M23, bityo ko rukwiye kwamaganwa.

Umuhati w’ububanyi n’amahanga urakomeje ngo iki kibazo kibonerwe umuti.

Kuri uyu wa Gatatu Tariki 29, Mutarama, 2025 i Nairobi hateganyijwe Inama iri buhuze Abakuru b’ibihugu byo mu Karere k’Afurika y’Uburasirazuba yatumijwe na Perezida wa Kenya William Rugo ngo bige ku biri kubera i Goma.

Aho i Goma hamaze iminsi higaruriwe n’abarwanyi ba M23 nyuma yo kuhirukana ingabo za DRC ndetse n’abasirikare ba SADC bari babashije.

- Advertisement -

Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio yaraye aganiriye na Perezida Kagame kuri iyo ngingo.

Yaba Rubio yaba na Kagame bombi bavuga ko igikwiye ari uko amahoro arambye aboneka mu Karere kuko, nk’uko Rubio yabyanditse, ari bwo kazatera imbere mu buryo burambye.

TAGGED:AmahangaDRCfeaturedM23NduhungireheRubioRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyaburayi Bahaye DRC Inkunga Ya Miliyoni Euro 60
Next Article Abacanshuro Bafashaga FARDC Baciye Mu Rwanda Bacyurwa Iwabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muganga Yaremeye Ikipe Y’Igihugu Y’Abangavu

Uganda: Abaturage Bagiye Guhabwa Irangamuntu Nshya

Buri Karere Kazashyirwamo Ikigo Cya TVET Cy’Ikitegererezo

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?