Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngombwa Wahimbye Indirimbo 100 Agiye Kurega Abaziyitirira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Ngombwa Wahimbye Indirimbo 100 Agiye Kurega Abaziyitirira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 February 2024 2:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Timothée  Ngombwa ni umwe mu bantu bahimbye indirimbo nyinshi kuko yemeza ko zirenga 100 zirimo izagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu.

Izo zirimo  nka Ziravumera, Ziganjamarembo, n’izindi.

Aherutse gutangariza bagenzi bacu ba  Kigali Today ko nyuma y’igihe kirekire arwaye, yakize akaba agiye guhagarukira kuvuganira uburenganzira afite ku bihangano bye.

Ngombwa yahoze ari umuyobozi w’Itorero ry’Intare, avuga ko kubera impanuka yari yaramuzahaje, ataherukaga ubuhanzi cyangwa ngo akurikirane uburenganzira bwe ku bihangano byamuvunnye.

Ati: “Babonye ndwaye baraprofita (babyuririraho). Uwitwa Ruhamyamiheto yafashe indirimbo yanjye yitwa Ziganjamarembo ayijyana muri studio ayicuranga nabi birambabaza cyane”.

Indi ndirimbo ye yamamaye cyane ni Ziravumera, yahimbiye muri Uganda mu 1993 urugamba rwo kubohora u Rwanda rurimbanije.

Avuga ko iyo ndirimbo yaje gusubirwamo na Massamba Intore ku buryo benshi bari bazi ko ari iye bwite.

Ngombwa yavuze ko nta kibazo amufiteho kuko we yaje kubyemera mu ruhame ko ari iya Ngombwa.

Ati: “We ni inshuti yanjye nta kibazo, kandi arabyemera azi ko ari njye wayihimbye aranabivuga. Nari inshuti ya Se,  cyane nta kibazo mfitanye na Massamba; ubundi mba naramwishyujeariko kubera ko ari umwana wanjye nanjye nirereye nta kibazo.”

Icyakora ngo hari abandi bazikoze agiye kurega.

Ngombwa Timothée w’imyaka 78, yavukiye ahitwa mu Ndorwa aho Se yatwaraga ku ngoma ya Rudahigwa ahahoze ari muri teritwari ya Byumba.

Nyuma iwabo baje kwimukira ku Kicukiro ya Kigali ariko mu mwaka wa 1960 bahungira muri Uganda bamarayo imyaka ine.

Baje kwimukira  mu Burundi baciye muri Tanzania, aho baturutse bataha mu  Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yatangiye ubuhanzi ari mu mashuri abanza i Byumba, akaba anemeza ko ari we wahimbye indirimbo ya mbere y’ikipe y’umupira w’amaguru ya Byumba ahagana mu 1958.

TAGGED:featuredIndirimboMassambaUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Undi Mubiligi Yatwaye Agace Ka Karongi- Rubavu
Next Article Abanyarwanda B’i Kigali Bakoresha Icyongereza Kurusha Ikinyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?