Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngombwa Wahimbye Indirimbo 100 Agiye Kurega Abaziyitirira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Ngombwa Wahimbye Indirimbo 100 Agiye Kurega Abaziyitirira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 February 2024 2:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Timothée  Ngombwa ni umwe mu bantu bahimbye indirimbo nyinshi kuko yemeza ko zirenga 100 zirimo izagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu.

Izo zirimo  nka Ziravumera, Ziganjamarembo, n’izindi.

Aherutse gutangariza bagenzi bacu ba  Kigali Today ko nyuma y’igihe kirekire arwaye, yakize akaba agiye guhagarukira kuvuganira uburenganzira afite ku bihangano bye.

Ngombwa yahoze ari umuyobozi w’Itorero ry’Intare, avuga ko kubera impanuka yari yaramuzahaje, ataherukaga ubuhanzi cyangwa ngo akurikirane uburenganzira bwe ku bihangano byamuvunnye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “Babonye ndwaye baraprofita (babyuririraho). Uwitwa Ruhamyamiheto yafashe indirimbo yanjye yitwa Ziganjamarembo ayijyana muri studio ayicuranga nabi birambabaza cyane”.

Indi ndirimbo ye yamamaye cyane ni Ziravumera, yahimbiye muri Uganda mu 1993 urugamba rwo kubohora u Rwanda rurimbanije.

Avuga ko iyo ndirimbo yaje gusubirwamo na Massamba Intore ku buryo benshi bari bazi ko ari iye bwite.

Ngombwa yavuze ko nta kibazo amufiteho kuko we yaje kubyemera mu ruhame ko ari iya Ngombwa.

Ati: “We ni inshuti yanjye nta kibazo, kandi arabyemera azi ko ari njye wayihimbye aranabivuga. Nari inshuti ya Se,  cyane nta kibazo mfitanye na Massamba; ubundi mba naramwishyujeariko kubera ko ari umwana wanjye nanjye nirereye nta kibazo.”

- Advertisement -

Icyakora ngo hari abandi bazikoze agiye kurega.

Ngombwa Timothée w’imyaka 78, yavukiye ahitwa mu Ndorwa aho Se yatwaraga ku ngoma ya Rudahigwa ahahoze ari muri teritwari ya Byumba.

Nyuma iwabo baje kwimukira ku Kicukiro ya Kigali ariko mu mwaka wa 1960 bahungira muri Uganda bamarayo imyaka ine.

Baje kwimukira  mu Burundi baciye muri Tanzania, aho baturutse bataha mu  Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yatangiye ubuhanzi ari mu mashuri abanza i Byumba, akaba anemeza ko ari we wahimbye indirimbo ya mbere y’ikipe y’umupira w’amaguru ya Byumba ahagana mu 1958.

TAGGED:featuredIndirimboMassambaUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Undi Mubiligi Yatwaye Agace Ka Karongi- Rubavu
Next Article Abanyarwanda B’i Kigali Bakoresha Icyongereza Kurusha Ikinyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?