Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nigeria: Abantu 600 Bishwe N’Umwuzure
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Nigeria: Abantu 600 Bishwe N’Umwuzure

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 October 2022 9:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gace ka Lagdo muri Nigeria ariko haturanye na Cameron hari inkuru mbi y’abantu barenga 600 bamaze kubarurwa ko bapfuye bazize amazi menshi yatewe n’umwuzure wakuriwe n’imvura ihamaze iminsi ndetse n’isandara ry’urugomero rw’amashanyarazi ruri hafi aho.

Abandi bantu bagera kuri miliyoni 1.3 bamaze kuvanwa mu byabo bahungishwa amazi akomeje kwiyongera muri kariya gace.

Leta ya Nigeria yasohoye gahunda y’ibikorwa by’ubutabazi byo gufasha bariya baturage kugira ngo barindwe indwara zaturuka kuri ariya mazi yibasiwe Leta 27 muri Leta 36 zigize iki gihugu.

Umwuzure warengeye amakamyo yari yaje kunywesha ngo akomeze urugendo

Igiteye impungenge kurushaho ni uko amazi akomeje guteza umwuzure kandi ngo ntabwo ari hafi guhagarara.

Bivugwa ko imihindagurikire y’ikirere iri kugira uruhare rugaragara mu kwiyongera kw’imvura iri kugwa muri Nigeria muri iki gihe.

Minisitiri muri Nigeria ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi witwa Sadiya Umar Farouq yabwiye CNBC ko bamwe mu bayobozi bo muri za Leta zibasiwe n’uriya mwuzure, bitinze gufata ingamba zirimo gusaba abaturage kwimuka none abantu benshi bahasize ubuzima.

Muri iki gihe ariko, gahunda ni gukorwa uko bishoboka kose ntihagire abandi bantu bahitanwa n’ubwiyongere bw’amazi.

Abenshi bari kwimurwa bakavanwa ahantu hashobora kubateza akaga.

Ikibazo kinini ni uko n’imigezi nka Niger nayo yuzuye.

Amazi y’iyi migezi yatumye imyuzure ivuka, yangiza imyaka yari ihinze hafi aho.

Bivuze ko abantu bagomba kwitega inzara ndetse n’indwara zituruka ku mazi mabi yatewe n’imyuzure.

 

TAGGED:AmaziNigeriaUmwuzure
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Gatabazi Avuga Ko Guha Abaturage Serivisi Mbi Atari Intego Y’Umuyobozi
Next Article Umukozi Wo Mu Rugo Yafatanywe Miliyoni Frw 1.5 Bivugwa Ko Yibye Shebuja
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Kenya Yashyizeho Icyunamo Cy’Iminsi Irindwi Bunamira Odinga

Gasabo: Bafatanywe Urumogi Rwuzuye Umufuka

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

Netanyahu Yavuze Ko Niba Hamas Itamanitse Amaboko Ijuru Rizayigwira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?