Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Bubatse Ishuri Ryo Gufasha Urubyiruko Kugira Ubumenyingiro Buzarucyenura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Nyarugenge: Bubatse Ishuri Ryo Gufasha Urubyiruko Kugira Ubumenyingiro Buzarucyenura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 May 2022 4:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufasha urubyiruko ruba mu midugudu y’Icyitegererezo kugira ubumenyi buzarufasha guhanga imirimo ntirubere ababyeyi cyangwa abaturanyi umutwaro, abagize Ikigo kitegamiye kuri Leta kitwa FESY bubatse  ikigo cyo kurwigisha imyuga.

Ni mu mushinga w’umwaka umwe bise ‘Empowerment of Youth Skills towards Job Creation’

Urubyiruko ruzahabwa amasomo ku ikubitiro ni urwo mu Mudugudu wa Karama, mu Kagari ka Nyabugogo mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali.

Rwatekerejweho kubera ko mu biganiro rwagiranye n’abo muri wa muryango, FESY, bavuze ko ikibahangayikishije ari ukutagira ubumenyi butuma bihangira umurimo.

Ibi birabadindiza kandi iyo umuntu adakoze mu buto bwe, iyo amaze gukura ahinduka umutwaro ku bandi.

Umuryango Friends Effort to Support Youth (FESY) wegerewe n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ngo bafatanye harebwe uko bawufasha mu guhugura urubyiruko ruba mu Midugudu y’icyitegererezo mu Turere twose tw’uyu mujyi hagamijwe kururinda kuba umutwaro ku gihugu.

Tugarutse ku Mudugudu w’Icyitegererezo wa Karama, utuwe n’abantu 1273 bibumbiye mu ngo 240.

Ab’igitsina gore ni 692 n’aho ab’igitsina gabo ni 581.

Muri aba bose urubyiruko, ni ukuvuga abafite hagati y’imyaka 16 na 30 y’amavuko, ni 345 muri bo 204 ni ab’igitsina gore n’aho 141 ni ab’igitsina gabo.

Ikigo bazahugurirwamo kiswe Youth Prosperity Center.

N’ubwo urubyiruko ruba muri uriya mudugudu w’icyitegerezo rwifuje guhugurwa no gufashwa mu buryo butandukanye, ariko abagennye kubabukira iriya shuri basanze ibyiza ari ukubahugura mu bintu babona ko bizatuma bagira icyo bimarira kirambye kandi bikagirira n’u Rwanda akamaro.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa  mu muryango nyarwanda utari uwa Leta, FESY, witwa Mutangana Kabera yabwiye Taarifa icyo yifuza ku bazahabwa amasomo.

Ati: “Turasaba urwo rubyiruuko kuzakurikira aya masomo rubishyizeho umutima kugira ngo ruzahakure ubumenyi n’ubushobozi burufasha guhanga umurimo urambye bityo ruve mu bushomeri.”

Mu gushyira mu bikorwa uyu mushinga FESY ivuga ko izakomeza gukorana n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ndetse n’ubw’Umurenge wa Kigali kugira ngo ibyateganyijwe byose bizagererweho.

Umuhango wo gutaha ku mugaragaro biriya bikorwa remezo uteganyijwe kuri uyu wa Gatan taliki 27, Gicurasi, 2022.

Umushyitsi mukuru akazaba ari Umuyobozi nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge Emmy Ngabonziza.

Abanyeshuri bazaharerwa amasomo baziga ku buntu kuko ari umushinga watewe inkunga n’Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere hamwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere mpuzamahanga, UNDP.

Mu gutoranya abazahabwa ariya masomo, hibanzwe ku basore n’inkumi bava mu miryango ikennye kurusha iyindi n’abandi bafite impamvu zihariye zituma baherwaho mbere y’abandi.

Ku ikubitiro hazahugurwa urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa 100; barimo 50 bazahugurwa ku buhinzi bukorerwa mu mujyi, 30 bazahugurwa ku budozi na 20 bazahugurwa ku bucuruzi bwifashisha ikoranabuhanga.

TAGGED:featuredKaramaNyarugengeUbumenyiUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Amasomo Afurika Igomba Gukura Kuri COVID-Kagame
Next Article Abanyarwanda N’Abayahudi Baba Mu Rwanda Bafunguriwe Resitora Yihariye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?