Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Imodoka yibwe ni iyo nk'uko twabihamirijwe n'umwe mu bakozi ba WASAC.

Imwe mu modoka za WASAC yakoreraga ku ruganda rwa Nzove ruri mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge yibwe tariki 17, Gicurasi, 2025.

Ku wa Gatandatu mu ijoro ahagana saa sita z’ijoro nibyo iyo modoka ifite ikirango( Plaque) RAE 035W yibiwe kuri imwe muri stations zo muri Aka karere.

Amakuru dukesha abazi iby’iki kibazo avuga ko ukekwaho kwiba iyo modoka ari Nzabonimana Habibu, akaba akomoka muri Gatsibo.

Twamenye kandi ko ari gushakishwa n’inzego z’umutekano.

- Kwmamaza -

Intandaro y’ubwo bujura…

Dukurikije amakuru dufite, Nzabanimana yahoze ari umushoferi wa WASAC ariko aza kwirukanwa.

Nyuma yaje kumenya usigaye utwara imodoka nawe yahoze atwara, aza kumucunga ayiparitse ahita ayandurukana, ubu akaba ari gushakishwa.

Nzabonimana Habibu

Taarifa Rwanda iracyagerageza kuvugana n’ubuvugizi bwa Polisi y’u Rwanda haba mu Ntara y’Uburasirazuba no mu Mujyi wa Kigali  ngo bagire icyo babitubwiraho.

Iyi nkuru turacyayikurikirana…

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version