Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Ya Jamaica Perezida Kagame Yasuye Ibirwa Bya Barbados
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Nyuma Ya Jamaica Perezida Kagame Yasuye Ibirwa Bya Barbados

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2022 9:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yaraye ageze mu Birwa bya Barbados nyuma y’uruzinduko rw’iminsi itatu yari amazemo muri Jamaica.

Ku rubuga rw’Ibiro bye handitseho ko akigera ku kibuga cy’indege cyitwa Grantley Adams International Airport yakiriwe na Minisitiri w’Intebe w’ububanyi n’amahanga witwa Jerôme Xavier Walcott.

President Kagame has arrived in the Barbados where he was received at the Grantley Adams International Airport by the Most Honorable Jerome Xavier Walcott, Minister of Foreign Affairs and Foreign Trade of Barbados for an Official Visit. pic.twitter.com/pkkNmW4H0S

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) April 16, 2022

Uretse kuba Perezida Kagame ashobora kuganira uko u Rwanda rwagirana umubano na Barbados, ntari bubure no kuganira n’abagize kiriya gihugu aho bageze kwitegura kuzitabira Inama y’Abakuru b’ibihugu na Guverinoma zikoresha Icyongereza, CHOGM, izabera i Kigali muri Kamena, 2022.

Ibirwa bya Barbados

Igihugu cya Barbados

Ibirwa bya Barbados biherereye mu gace ka Caribbian. Biri ku buso bwa 432 km2 (167 sq mi) bikaba bituwe n’abaturage  287,000 (imibare yo mu mwaka wa 2019 ).

Umurwa mukuru wabyo ni Briggetown.

Ni ibirwa byabanje gutegekwa n’Abanyaburayi barimo Abanyaportugal  ariko nyuma biza gukolonizwa n’Abongereza.

Abenshi mu batuye ibi birwa ni abakomoka ku bacakara bahajyanywe mu gice cy’ubucakara bwakorwaga n’Abanya Poltugal.

Abacakara bakomeje kuhajyanwa kugeza ubwo hasinywaga amasezerano ahagarika ubucakara yasinywaga mu mwaka wa 1807.

Icyakora ubucakara bwaciwe mu buryo bwa burundu mu mwaka wa 1833.

Mu mwaka wa 1966, hari taliki 30, Ugushyingo, nibwo ibi birwa byinjijwe mu Muryango wa Commonwealth.

Ni igihugu mbere cyayoborwaga  n’Umwamikazi w’u Bwongereza  Elisabeth II.

Gusa mu mwaka wa 2021 cyahawe Perezida wa mbere ari we Sandra Mason, aba asimbuye Umwamikazi Elisabeth II.

Abatuye ibi birwa bari mu baturage batekanye kandi babayeho neza kurusha abandi mu batuye ibirwa biri muri Caribbean.

Ahandi iki gihugu gifite ingufu ni mu bucuruzi mpuzamahanga. Kiri mu bya mbere byabaye ibinyamuryango by’Umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi, World Trade Organization.

Cyagiye kandi mu bihugu bya mbere byitabiriye Komisiyo y’Umuryango w’Uburayi n’andi mahanga witwa European Commission.

Mu micururizanyirize yacyo n’ibindi bihugu, Barbados ibigabanyiriza imisoro ku gicuruzwa runaka cy’ibanze.

Ni ibyo mu bucuruzi mpuzamahanga bita Most-Favoured-Nation” (“MFN”) treatment.

Barbados kandi ifite umwihariko wo guhuza ubucuruzi bw’u Burayi n’ibihugu byo muri Carabbean ndetse n’iby’Afurika binyuze mu bufatanye bita Caribbean Forum (CARIFORUM) ndetse n’ubwo  Caribbean and Pacific Group of States (ACP).

Gukorana k’u Rwanda na Barbados mu bucuruzi mpuzamahanga byanafasha mu gutuma rushobora gucuruzanya n’indi miryango y’ibihugu bigize Caribbean na Pacific

 

TAGGED:BarbadosCHOGMfeaturedJamaicaKagameUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Ubuyobozi Buvuga Ko Ikibazo Cy’Abana Baba Mu Muhanda ‘Gishobora’ Gukemuka
Next Article U Rwanda Rugiye Kohereza Muri Sudani Y’Epfo Abapolisi 240 Basimbura Bagenzi Babo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?