Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Pariki Ya Nyandungu Ije Gufasha Kigali Kuba Umujyi Uha Abawutuye Ubuhumekero
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Pariki Ya Nyandungu Ije Gufasha Kigali Kuba Umujyi Uha Abawutuye Ubuhumekero

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 July 2022 9:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere taliki 18, Nyakanga, 2022 i Nyandungu hafunguwe Pariki . Ni Icyanya gito kirimo inyamaswa ziciye bugufi ariko zifitiye abatuye umujyi wa Kigali akamaro. Harimo ibiti, ibyatsi, ibiyaga n’ibindi bintu nyaburanga bizafasha abatuye Umujyi wa Kigali kuruhuka mu mutwe.

Umuhanga mu miterere y’imijyi avuga ko kimwe mu biranga imijyi ikeye harimo no kugira ahantu ho kuruhukira, haturiye umujwi munini.

Avuga ko Pariki ya Nyandungu izafasha abatuye i Kigali guhumuka umwuka mwiza no kubona aho batemberera bitabye ngomba ko bafata imodoka bakajya muri Pariki y’Akagera.

Bisa no kubavuna amaguru!

Ubwo yafunguraga ku mugaragaro Inama mpuzamahanga y’abahanga mu kwita ku bidukikije,  Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yavuze ko gushyiraho pariki nk’iriya ari kimwe mu byo u Rwanda rwakoze kugira ngo rukomeze kwita ku bidukikije.

Ati: “ Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje gukomeza kwita ku bidukikije kuko izi neza akamaro kabyo ku buzima bwa muntu mu nzego zitandukanye.”

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yabwiye abaje muri iriya nama ko u Rwanda rwashyizeho uburyo bwo kurinda ibidukikije kugira ngo bifashe abarutuye kugira ubuzima bwiza

Dr Ngirente avuga ko uretse kuba kwita ku bidukikije bifasha mu gutuma ubuzima bw’abantu buba bwiza kurushaho, yongeraho ko bitanga n’akazi.

Yunzemo ko 30% by’ubuso bwose bw’u Rwanda buteyeho ishyamba kandi ngo rifatiye runini u Rwanda.

Uretse ishyamba rya Nyungwe, rikaba ari ryo shyamba ry’inzitane rinini kurusha andi, u Rwanda rufite za Pariki zirimo iy’Akagera, Pariki ya Gishwati-Mukura na Pariki y’Ibirunga.

Ibiti biteye kuri ubu buso byiyongeraho ibiteye ahandi hantu hatandukanye mu Rwanda.

Umujyi wa Kigali nawo ufite ibiti byinshi biteye ku mihanda kugira ngo bitange umuyaga ariko binagabanye ubukana bw’impanuka.

Ni icyanya kirimo ibiyaga kugira ngo ibindi binyabuzima bibone ibibitunga

 

TAGGED:featuredIbidukikijeNgirenteNyandunguPariki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Y’u Rwanda Iri Guhugurwa K’Ukurinda Ubuziranenge Bw’Ibiribwa
Next Article Mu Mezi Atandatu CIMERWA Yungutse Bwikube Gatanu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ku Manywa Y’Ihangu Bibye Inzu Ndangamurage Ya Mbere Ikomeye Ku Isi

U Rwanda Rugiye Kubaka Irindi Shuri Rihambaye Ry’Ubuhinzi N’Ubworozi

U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Y’Abagaba Bakuru B’Ingabo Muri Afurika 

Imirwano Hagati Ya Israel Na Hamas Yubuye

Abanyamerika Baramagana Perezida Wabo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Faye Yahuye Na Kagame Ku Munsi Wa Kabiri W’Uruzinduko Rwe Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukunguUbuzima

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?