Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Aratanga Raporo Kuri Komisiyo ya AU
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Aratanga Raporo Kuri Komisiyo ya AU

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 February 2021 2:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu masaha yashyira saa saba z’amanywa kuri uyu wa Gatandatu tariki 06, Gashyantare, 2021 Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye Inteko rusange y’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe. Ari buyigezeho raporo yerekana impinduka zikenewe mu nzego zayo.

Iyi raporo yiswe Institutional Reform of the African Union.

Arabagezaho kandi uko ibihugu bigize Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe bigena ingengo y’imari igenewe kwita ku buzima, icyo bise Domestic Health Financing.

Inama Perezida Kagame ari kwitabira ni Inama ya 34 isanzwe y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe.

Mugenzi we wa Uganda Yoweri Museveni yari aherutse kwandika asaba ko iyi nama yasubikwa ariko ntibyemewe.

Muri Nyakanga, 2016 nibwo Abayobozi bakuru muri uriya muryango batoreye Perezida Kagame kuzayobora itsinda ry’abahanga bagomba kwiga uko haba amavugurura mu nzego z’uyu muryango.

Intego yari iyo gutuma Afurika yunze ubumwe igira umurongo uhamye uzayigeza ku ntego z’iterambere rirambye ziswe Africa’s Agenda 2063.

Itsinda ryafashije Perezida Kagame gutegura iriya raporo y’impinduka mu nzego za AU rigizwe n’aba:

  • Ms Cristina Duarte (Wahoze ari Minisitiri w’imari muri Cap Vert);
  • Dr Donald Kaberuka (Wahoze ayobora Banki Nyafurika y’Iterambere);
  • Dr Acha Leke (Umukozi mukuru mu kigo McKinsey & Company);
  • Dr Carlos Lopes (Wahoze ari Umuyobozi mukuru muri Komisiyo ya UN ishinzwe Iterambere ry’Afurika)
  • Mr Strive Masiyiwa (Umuherwe wo muri Zimbabwe akaba na nyiri ikigo ECONET Wireless);
  • Mr Tito Mboweni (Wahoze ayobora Banki Nkuru y’Afurika y’Epfo)
  • Ms Amina Mohammed ( Minisitiri w’ibidukikije muri Nigeria);
  • Ms Mariam Mahamat Nour (Minisitiri w’ubukungu n’ubufatanye mpuzamahanga muri Tchad)
  • Dr Vera Songwe ( Umuyobozi mu Kigo cy’ubufatanye mpuzamahanga kitwa International Finance Cooperation kita kuri Afurika y’i Burengerazuba n’iyo Hagati).

Muri iyi nama kandi nibwo uwayoboraga Africa yunze ubumwe Perezida Ramaphosa Cyril w’Afurika y’Epfo ari buhererekanye ububasha na mugenzi we uyobora DRC Bwana Felix Tshisekedi, ugiye kuyiyobora muri uyu mwaka.

Agiye gusimburwa na Tshisekedi
Ramaphosa arangije manda ye

 

TAGGED:AgendaAUfeaturedKagameMuseveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umushahara Wa Mirafa mu Yindi Kipe Yo Muri Zambia Wikubye Kabiri
Next Article The Ben Yasubiye Muri USA Asiga Umukunzi We, Ese Ibyabo Ntibirangiriye Aho?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Bunyoni Ararembye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?