Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yahaye Imbabazi Dr. Habumuremyi, Ashyiraho Abayobozi Bashya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yahaye Imbabazi Dr. Habumuremyi, Ashyiraho Abayobozi Bashya

admin
Last updated: 14 October 2021 6:51 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yahaye imbabazi Dr Pierre Damien Habumuremyi wabaye Minisitiri w’Intebe, umaze igihe afunzwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo gutanga sheki zitazigamiye.

Ni kimwe mu byemezo byatangarijwe mu nama y’abaminisitiri yabaye kuri uyu wa Gatatu, yanagarutse ku ngamba zo kurwanya icyorezo cya COVID-19 mu gihugu, ikemeza ko koga muri za pisine (swimming pools), ahakorerwa sauna na masaje (massage) hazafungura mu byiciro.

Abitabira ibyo bikorwa bagomba kuba barakingiwe COVID-19 (uretse abari munsi y’imyaka 18), kandi berekanye ko bipimishije COVID-19 mu gihe cy’amasaha 72 mbere yo kubyitabira.

Muri ibyo byemezo hasohotsemo ingingo igira iti “Ashingiye ku bubasha ahabwa n’amategeko, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yahaye imbabazi Pierre Damien Habumuremyi.”

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaherukaga kugumishaho igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 892 Frw byakatiwe Dr Habumuremyi Pierre Damien, ariko rwemeza ko umwaka umwe n’amezi atatu biba igifungo gisubitswe.

Habumuremyi wahoze ayobora Urwego rushinze Intwari, Imidali n’Impeta by’Ishimwe (CHENO) mu mwaka ushize nibwo yakatiwe gufungwa imyaka itatu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye, cyakozwe mu nshingano ze nk’uwashinze Christian University of Rwanda.

Yaje kukijuririra, maze mu mwanzuro watangajwe ku wa Gatatu tariki ya 29 Nzeri 2021 urukiko rwemeza ko ahamwa n’icyaha, ariko rusubika amezi 15 ku gihano yahawe.

Dr Habumuremyi yatawe muri yombi ku wa ku wa 3 Nyakanga 2020, ni ukuvuga ko amaze umwaka umwe n’amezi atatu afunzwe.

Mu bihano yagombaga kubahiriza, harimo kumara umwaka umwe n’amezi acyenda muri gereza, akazatanga n’ihazabu ya miliyoni 892 Frw.

Bijyanye n’igihe yari amaze afashwe, yari asigaje amezi atandatu gusa muri gereza.

Itageko riteganya ko yongeye gukora ikindi cyaha akagihamywa n’urukiko,igihe yagombaga gufungwa cyose kitararangira, yahita asabwa kurangiza n’igihano yari asigaje.

Bamwe mu bayobozi bashyizweho

Perezida Kagame kandi yashyizeho Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Alex Kamuhire. Ni umwanya yasimbuyeho Obadiah Biraro.

Biraro yasoje manda ebyiri z’imyaka icumi kuko yashyizweho ku wa 1 Kamena 2011, kandi itegeko riteganya ko manda y’Umugenzuzi Mukuru n’iy’Umugenzuzi Mukuru Wungirije ari imyaka itanu ishobora kongerwa inshuro imwe gusa.

Hanashyizweho Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana, umwanya wahawe Nadine Umutoni Gatsinzi. Yari asanzwe ari Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Ubukungu n’Imibereho y’Abaturage.

Umutoni Nadine Gatsinzi

Yasimbuye Dr Anita Asiimwe uheruka kwirukanwa.

Hanashyizweho Komiseri Mukuru wungirije mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS), umwanya wahawe ACP Rose Muhisoni.

ACP Rose Muhisoni

Ni umwanya wahozemo DCG Ujeneza Jeanne Chantal, uheruka kwimurirwa muri Polisi y’u Rwanda.

Mu bahawe imyanya kandi Julienne Uwacu wari umaze igihe ayobora ikigega FARG giheruka gukurwaho (yanabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo), yagizwe Umuyobozi Nshingwabikorwa muri Minisiteri y’Ubumwe bw’abanyarwanda.

Uwacu Julienne
TAGGED:COVID-19 BuhindeDr. Pierre Damien HabumuremyifeaturedInama y'abaminisitiriPaul Kagamesheki itazigamiye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF Yavuye Ku Buntu Abaturage Basaga 1100 Muri Kenya
Next Article Umuturage Afite Ubwoba Ko Guma Mu Rugo ‘Ishobora’ Kugaruka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?