Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yakiriye Umushoramari Howard G. Buffett
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Perezida Kagame Yakiriye Umushoramari Howard G. Buffett

admin
Last updated: 07 November 2021 5:05 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yakiriye umushoramari wo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika Howard Graham Buffett muri Village Urugwiro, bagirana ibiganiro byibanze ku ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga isanzwe hagati ya Howard G. Buffett Foundation na Guverinoma y’u Rwanda.

Buffet afite ibikorwa bitandukanye mu Rwanda birimo umushinga wo kuhira wubatswe mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe, uzwi nka Nasho Irrigation Scheme.

Watashywe na Perezida Kagame na Buffet ku wa 11 Werurwe 2020.

Ni umushinga wakozwe mu bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda na Howard G. Buffet Foundation, ugamije guteza imbere ubuhinzi by’umwihariko mu kuzamura umusaruro w’abahinzi baciriritse.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Today at Urugwiro Village, President Kagame received Howard G. Buffett to discuss the ongoing implementation of projects between the Howard G. Buffett Foundation and the Government of Rwanda. pic.twitter.com/N2FmJK97X8

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) November 7, 2021

Uwo mushinga wa Nasho ukora guhera mu gihembwe cy’ihinga 2017A, ugizwe n’ibyuma 63 byuhira ku butaka bufite ubuso bwa hegitari 1,173 bw’abahinzi 2,099 baciriritse.

Ni umushinga ufite agaciro ka miliyoni $54, ugamije gufasha abahinzi guhinga igihe cyose badategereje imvura, bakifashisha inyongeramusaruro n’amazi ahagije mu butaka bityo bakabona umusaruro mwinshi kandi mwiza.

Kubera uburyo bushya bwo guhinga, umusaruro w’ubuhinzi mu gihembwe cya 2020A i Nasho, ibigori byeze hagati ya toni  5.5 na toni 10 kuri hegitari, ibishyimbo biba toni 1.5 kuri hegitari naho soya yera toni 1.3 kuri hegitari.

Uwo mushinga wifashisha imbaraga zikomoka ku mirasire y’izuba mu gusunika amazi zingana na megawatt 3.3.

- Advertisement -

Muri uwo mushinga kandi harimo no gutuza abaturage 144 mu mudugudu w’inzu 36, zubatswe mu buryo bw’inzu enye ziri mu nyubako imwe.

Hari kandi imihanda ya kilometero 24 yavuguruwe n’imishya yahanzwe ya kilometero 10, yifashishwa mu kuhira no korohereza abaturage kugeza umusaruro wabo ku masoko.

Abagenerwabikorwa b’uyu mushinga wo kuhira bibumbiye muri koperative yiswe Nasho Irrigation Cooperative (NAICO); ari nayo ikoresha ndetse ikabungabunga biriya bikorwaremezo.

Bibarwa ko ishoramari rya Buffet mu Rwanda rimaze kugera muri miliyoni zisaga $250 guhera mu mwaka wa 2000. Ni igice kinini cya miliyoni zigera muri $650 amaze gushora hirya no hino muri Afurika, cyane cyane mu bikorwa bijyana no guteza imbere abahinzi baciriritse.

Mu mwaka wa 2017 kandi Howard G. Buffett Foundation yemeye gutanga miliyoni $125 zo kubaka mu Rwanda Ishuri mpuzamahanga ry’ubuhinzi (Rwanda Institute for Conservation Agriculture, RICA), rikorera i Nyamata mu Karere ka Bugesera.

Guverinoma y’u Rwanda yemeye gutanga ubutaka ryubatsweho n’ubundi bufasha bugamije gutuma hakorwa ishuri ry’ubuhinzi ryo ku rwego mpuzamahanga.

Uretse ibyo, mu 2015 Howard G. Buffett Foundation yatanze inkunga ya miliyoni $47.5 zo gutangiza gahunda yiswe College of Agricultural Sciences and Natural Resources Undergraduate Scholarship Program (CUSP), itera inkunga abanyeshuri 200 b’Abanyarwanda ngo babashe kwiga ibijyanye n’ubuhinzi butangiza ibidukikije muri University of Nebraska-Lincoln (UNL).

Binyuze muri iyo gahunda, abanyeshuri barangije basabwa kugaruka gukorera mu Rwanda nibura imyaka itanu nyuma yo kurangiza amasomo, mu bijyanye n’ubuhinzi. Benshi muri abo ni nabo bakora muri RICA.

Perezida Kagame na Howard Buffet bataha umushinga wa Nasho muri Werurwe 2020
Uyu mushinga wuhira ku buso bwa hegitari 1173
Uyu mushinga wuhira ku buso bwa hegitari zisaga 1100
TAGGED:featuredHoward Graham BuffetIshoramariPaul KagameUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Yasabye Abaturage Kwitangira Kurokora Igihugu
Next Article Gasopo Igenewe Abitwaza YouTube Bagakwiza Ingengabitekerezo Ya Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Misa Ya Mbere Ya Papa Leo XIV Yasomewe Ku Mva Ya Papa Francis

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?