Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yakiriye Mu Biro Bye Haile Marriam Dessalegn
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yakiriye Mu Biro Bye Haile Marriam Dessalegn

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2022 2:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Haile Marriam Dessalegn wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yakiriwe na Perezida Kagame. Ari mu Rwanda mu nama mpuzamahanga imaze iminsi mike ibera mu Rwanda igamije kwiga uko urusobe rw’ibinyabuzima biba mu byanya bikomye rwakomeza kubungabungwa.

Dessalegn yari ari kumwe n’abandi  banyacyubahiro barimo Issoufou Mahammoudou wigeze kuyobora Niger n’abandi.

President Kagame today received @IssoufouMhm, @HMDessalegn, @AWFCEO Kaddu Sebunya, Deputy DG of @IUCN Stewart Maginnis, DG of @World_Wildlife Marco Lambertini
and Assistant DG of @UNESCO Shamila Nair-Bedouelle, who are in Kigali for the ongoing Africa Protected Areas Congress. pic.twitter.com/GztmM0v70f

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) July 22, 2022

Inama yiga k’uburyo urusobe rw’ibinyabuzima byo byakomeza kurindwa iracyakomeje.

Mu minsi ishize Haile Marriam Dessalegn yifatanyije na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirente ubwo yafunguraga icyanya cy’i Nyandungu.

Mu ijambo rye, Dr Ngirente yavuze ko u Rwanda ruzakomeza gukora uko rushoboye kugira ngo ibinyabuzima biba mu byanya bikomye bikomeze kwitabwaho.

Yavuze  ko Pariki ya Nyandungu izafasha abatuye i Kigali guhumuka umwuka mwiza no kubona aho batemberera bitabye ngomba ko bafata imodoka bakajya muri Pariki y’Akagera.

Bisa no kubavuna amaguru!

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yavuze ko gushyiraho pariki nk’iriya ari kimwe mu byo u Rwanda rwakoze kugira ngo rukomeze kwita ku bidukikije.

Ati: “ Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje gukomeza kwita ku bidukikije kuko izi neza akamaro kabyo ku buzima bwa muntu mu nzego zitandukanye.”

Dr Ngirente avuga ko uretse kuba kwita ku bidukikije bifasha mu gutuma ubuzima bw’abantu buba bwiza kurushaho, yongeraho ko bitanga n’akazi.

Yunzemo ko 30% by’ubuso bwose bw’u Rwanda buteyeho ishyamba kandi ngo rifatiye runini u Rwanda.

Uretse ishyamba rya Nyungwe, rikaba ari ryo shyamba ry’inzitane rinini kurusha andi, u Rwanda rufite za Pariki zirimo iy’Akagera, Pariki ya Gishwati-Mukura na Pariki y’Ibirunga.

Hagati aho nta makuru arambuye arasohoka ku bikubiye mu biganiro Perezida Kagame yagiranye n’abashyitsi be yakiriye muri Village Urugwiro.

Pariki Ya Nyandungu Ije Gufasha Kigali Kuba Umujyi Uha Abawutuye Ubuhumekero

TAGGED:DessalegnfeaturedIbyanyaIcyanyaKagameNigerRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Aba Maasai Bo Muri Tanzania Bari Mu Kaga
Next Article Gatabazi Ati: ‘Mujye Muha Abo Muri VUP Amafaranga Mukoresheje Ikoranabuhanga’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?