Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Ndayishimiye Yakiriye Uhagarariye Israel Mu Burundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Ndayishimiye Yakiriye Uhagarariye Israel Mu Burundi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 February 2022 4:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri Taliki 01, Gashyantare, 2022, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yakiriye mu  Biro bye Aleligne Admasu wagiye yo guhagararira Israel, ariko afite icyicaro muri Ethiopia. Muri  Ambasade 23 ziba mu Burundi nta Ambasade ya Israel ihaba.

Yari yaje kumugezaho impapuro zimwemerera guhagarira Leta ya Yeruzalemu mu Burundi.

Admasu  asanzwe ahagarariye inyungu za Israel muri Ethiopia aho yagiye muri Werurwe, 2021.

Muri iki gihe Israel iri kugarurakana imbaraga nyinshi mu mubano wayo n’ibihugu by’Afurika.

Le Président de la République SE Evariste #Ndayishimiye vient de recevoir en audience M. Aleli Admaso, Ambassadeur de l'État d'Israël nouvellement accrédité au #Burundi, venu pour la présentation de ses Lettres de créance. pic.twitter.com/jT9IsXLNdE

— Ntare Rushatsi House (@NtareHouse) February 1, 2022

Ibi kandi ni ngombwa ku gihugu gishaka kuzabona umwanya w’indorerezi mu Muryango w’Afurika yunze ubumwe.

Israel isanganywe umubano mwiza n’u Rwanda.

Ambasaderi Aleligne Admasu uhagarariye Israel mu Burundi yavutse mu mwaka wa 1961 avukira muri Ethiopia.

Ni Umuyahudi ukomoka muri Ethiopia.

Yize Politiki n’ubukungu muri Israel mu mwaka wa 1988 yiga muri Kaminuza y’i Tel Aviv.

Yize n’andi mashuri arimo n’uburezi.

Ambasaderi Admasu yabaye mu ngabo za Israel ndetse  aza no gufasha mu gikorwa cyo gucyura Abayahudi babaga muri Ethiopia mu kiswe Operation Salomon.

Ku rubuga rwa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel hari inyandiko ivuga ko Ambasaderi Admasu ari na rwiyemezamirimo ujya winjiza amafaranga binyuze mu biganiro bisana imitima kandi bigatera akanyabugabo , ibyo bita motivational speeches.

Mbere y’uko yoherezwa muri Ethiopia, ngo ahagararire yo inyungu za Israel, yari asanzwe akora imirimo tuvuze haruguru.

Asanzwe ahagarariye Israel muri Ethiopia

Bivugwa ko yashinze ishyaka ryitwa Israel Brotherhood for Social Equality.

Ni umugabo wubatse ufite abana bagera kuri batanu.

Ubwo yakirwaga mu cyubahiro cya gisirikare
TAGGED:AfurikaBurundiEthiopiafeaturedIsraelNdayishimiyeRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwinjije Miliyari Zisaga 160 Frw Mu Bikomoka Ku Buhinzi Byoherejwe Mu Mahanga
Next Article Abakozi Ba RIB Bahawe Umwenda Ubaranga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?