Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Radio-Television Ya Congo i Goma Yafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Radio-Television Ya Congo i Goma Yafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 January 2025 6:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abarwanyi ba M23 batangaje ko bafashe icyicaro cya Radio ya DRC, Ishami rya Goma.

Bivuze ko bafite igikoresho kizabafasha kugeza ku baturage gahunda babafitiye n’amabwiriza bashaka ko akurikizwa.

Hari nyuma y’imirwano ikomeye yabaye kuri uyu wa Mbare tariki 27, Mutarama, 2025 yatumye ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo zihungira mu Rwanda, abakozi ba MONUSCO n’indi miryango mpuzamahanga nabo biba uko.

Mugenzi wacu ukorera UMUSEKE uri Goma avuga ko hari izindi radio na television zikorera muri uyu Mujyi zahagaritse imirimo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi ni uko n’iminara y’ibigo by’itumanaho, televiziyo na radiyo biri kugenzurwa na M23.

Imirwano ikomeye yabaye kuri uyu wa Mbere yatumye M23 ifata igice kinini cya Goma ndetse ihita itangaza ko ibikorwa byose byakorerwaga mu kiyaga cya Kivu bihagarara.

Itangazo ryawo hari aho rigira riti: “Turasaba abaturage bose ba Goma gutuza. Kubohora umujyi byakozwe neza, ibintu biri mu biganza byacu”.

Ku rundi ruhande Radio Okapi ivuga ko ingabo za DRC zarangije kwisubiza iyo radio na television.

Iki kinyamakuru gikorana bya hafi n’ubutegetsi bw’i Kinshasa kivuga ko kuri uyu wa Mbere abasirikae ba Leta bisubije radio na television nyuma yo kurasana bikomeye na M23.

- Advertisement -

Gitangaza kandi ko hari abaturage biraye mu maduka ya bagenzi babo barayasahura.

Ubwo busahuzi bwabereye hafi y’ikibuga cy’indege cya Goma nacyo kivugwaho kuba cyafashwe na M23.

Ku byerekeye uko ibintu byifashe hakuno mu Rwanda, inzego z’umutekano zahagurutse kugira ngo abatuye i Rubavu batuze.

Umuvugizi wa RDF witwa Brig Gen Ronald Rwivanga yavuze ko hari ibisasu byaguye mu Rwanda byica abaturage batanu, abandi barakomereka.

Gusa yahumurije abandi baturage ko ibintu ubu biri mu maboko ya RDF bityo ko bakwiye gutuza.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, RBA izindutse ivuga ko ibintu byasubiye mu buryo, ko abaturage batangiye imirimo yabo, abafundi n’abamotari bakaba bazindukiye mu kazi.

Taarifa Rwanda ntiyashoboye kumenya imyirondoro y’abahitanywe n’ibisasu byarasiwe muri DRC.

Imirenge ikunze kwibasirwa n’ibisasu bivayo ni iya Busasamana, Cyanzarwe na Rugerero.

TAGGED:AbaturageCongofeaturedIbisasuM 23RubavuRwivanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusizi: Haravugwa Abanyeshuri Baroze Bagenzi Babo
Next Article Polisi Zo Muri EAC Ziyemeje Guhangana N’Ibyaha Byambukiranya Imipaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?