Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yafunze Turahirwa Moses
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

RIB Yafunze Turahirwa Moses

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 April 2023 7:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Turahirwa Moses mu myaka ishize wambikaga abakomeye imyenda yakorerwaga mu nzu y’imideli yitwa Moshions. RIB imukurikiranyeho ibyaha by’inyandiko mpimbano no gukoresha ibiyobyabwenge.

Umuvugizi wa RIB Dr Murangira Thierry avuga ko nyumay’uko Turahirwa Moïse atumijwe ngo yisobanure ku byaha akekwaho hemejwe ko iperereza kubyo akekwaho rikomeza ariko bigakorwa ‘afunzwe’.

Murangira avuga ko mu byaha Turahirwa yabazwaga hiyongereyeho “gukoresha ibiyobyabwenge” nk’uko ibipimo bya Laboratwari y’ibimenyetso bya giganga bikoreshwa mu butabera byabigaragaje.

Bivuze ko hari ibipimo bya gihanga byamufashweho hagamijwe kureba niba adakoresha ibiyobyabwenge.

Kuri uyu wa Kane ubugenzacyaha bwari bwatumije Turahirwa ngo agire ibyo abusobanurira kubyo yari amaze iminsi atangaje by’uko yahinduye igitsina akaba yarabaye umugore kandi yari asanzwe ari umusore.

Yemezaga ko ari urupapuro yahawe n’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe abinjira n’abasohoka ariko uru rwego rwahakanye ibyo yavugaga.

Aho niho ubugenzacyaha bwahereye butangira gukurikirana iby’iyo nyandiko.

Hari kandi n’amakuru yavugaga ko anywa ibiyobyabwenge ndetse nawe[Turahirwa Moses] yigeze gutangaza ko yabyemerewe na Leta y’u Rwanda ngo ajye anywera urumogi mu mihanda y’i Kigali.

Turahirwa Moses yari amaze iminsi avugwa mu itangazamakuru nyuma y’uko hagaragaye amashusho ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abandi bagabo.

Icyo gihe yemeye ko ariwe uyagaragaramo.

TAGGED:featuredIbiyobyabwengeImpapuroRwandaTurahirwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Turahirwa Moses Arashinjwa Impapuro Mpimbano
Next Article Ruhango: Bazirikiye Umwana Amaboko Imugongo Bamumanika Mu Bwiherero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?