Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Abanyamadini Bashimirwa Uruhare Mu Kwimakaza Isuku Mu Baturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Rubavu: Abanyamadini Bashimirwa Uruhare Mu Kwimakaza Isuku Mu Baturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 January 2024 5:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Pasiteri Etienne Nsanzimana uyobora itorero rya Brothers Church rikorera mu Kagari ka Buhungwe mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu avuga ko mu nyigisho batanga harimo n’izifasha abaturage kwigirira isuku.

Avuga ko muri rusange imyumvire y’abaturage ku isuku yazamutse n’ubwo hari abatarabyumva neza.

Ati:” Twabafashije kumenya uko bakaraba n’uko bamesa imyenda yabo. Byatumye naza gusenga bakarabye basa neza.”

Etienne Nsanzimana avuga ko kimwe mu bibazo abaturage bari bafite ari uko nta mazi yabaga aho batuye.

Umuturage witwa Bigirimana Jean Marie Vianney ashima ko we na bagenzi be byahagurukiye kugira isuku kandi byatangiye kubibonamo umusaruro.

Avuga ko bageze ku rwego rw’uko bajya gusenga bakarabye, kandi ngo mbere ibyo ngo mbere ntibyabagaho.

Ashima ko bubakiwe ibigega by’amazi, ubwiherero n’ibindi bibafasha mu kugira isuku.

Mbere ngo bitumaga mu bihuru bigakwiza umwanda n’indwara ziterwa nawo.

Umukozi muri RBC ukora mu ishami ryo Kurwanya malaria witwa Hitiyaremye Nathan avuga ko amadini ari ingenzi mu guhindura imyumvire y’abaturage mu by’isuku.

Avuga ko kubera uruhare rw’abo muri ruriya rusengero, abatuye muri uriya Mudugudu bamenye iby’isuku.

Ngo ni urugero rw’ibishoboka.

Ashima ko abaturage bo muri kiriya gice bahinduye imyumvire bakaba baratangiye kugira imyumvire myiza ku isuku.

Nathan Hitiyaremye

Ikigo cy’igihugu gishinzwe y’ubuzima, RBC, kivuga indwara ziterwa n’umwanda ari ikibazo cyugarije Abanyarwanda benshi kuko cyagarahaye mu Tugari 1013 mu Tugari turenga 2000 tw’u Rwanda.

Abaturage bavuga ko bahinduye imyumvire ku isuku
TAGGED:AbaturageAmadiniIsukuRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Ubuhinzi Avuga Ko Abanyarwanda Banywa Litiro 78 Ku Mwaka
Next Article Ruhango: Umwe Mu Banyeshuri 72 Bari Bararwariye Icyarimwe Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?