Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Abasenyewe Na Sebeya Bagiye Gutuzwa Aheza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibiza KamereMu Rwanda

Rubavu: Abasenyewe Na Sebeya Bagiye Gutuzwa Aheza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 October 2024 2:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iyo umugezi wuzuye uteza abawuturiye intugunda
SHARE

Minisiteri y’ ibikorwa by’ubutabazi ivuga ko imiryango 800 ituriye umugezi wa Sebeya igiye kubakirwa inzu kugira ngo iture ahadashyira mu kaga ubuzima bw’abayigize.

Uyu mwanzuro wafashwe hashingiwe ku kwirinda ko abaturage bazahura n’ibyago nk’ibyigeze kuba mu mwaka wa 2023 ubwo imvura yaguye muri Mata-Gicurasi-Kamena, yatumaga amazi y’uyu mugezi azamuka agasenyera benshi mu bawuturiye.

Hari n’ahandi mu Ntara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru hibasiwe n’ibyo biza ndetse abantu barenga 100 bahasiga ubuzima.

Mu rwego rwo kwirinda ko ibi byazaba ku baturiye Sebeya, Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi iyoborwa na Major General ( Retired), Albert Murasira yatangaje ko hari amafaranga yo kububakira inzu zikomeye yabonetse.

Ibi byatangajwe mu muganda Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi yifatanyijemo n’abatuye Rubavu.

Abaturiye Sebeya kandi bateye ibiti mu nkengero z’uyu mugezi uri mu migezi minini iri mu Burengerazuba bw’u Rwanda.

Umugezi wa Sebeya ureshya na kilometero 286, ugaca muri Rutsiro, Ngororero na Rubavu.

Isoko ya Sebeya iba mu Karere ka Rutsiro mu Murenge wa Nyabirasi.

Isoko ya Sebeya iba muri Rutsiro mu Burengerazuba.
Uyu mugezi uva muri Rutsiro, ukamanuka ugana Rubavu ugakomereza muri Ngororero
Ni uturere duherereye mu Ntara y’Uburengerazuba

Mu muganda wo gutera ibiti kuri uyu mugezi, Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi, Maj Gen (Rtd) Albert Murasira yari ari kumwe n’abandi bayobozi bakuru  Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert; Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Uburengerazuba, Maj Gen Eugene Nkubito n’Umuyobozi wa Polisi muri iyi Ntara, CP Emmanuel Hatari n’abatuye Rubavu.

Albert Murasira yavuze ko Leta yamaze kubona amafaranga yo kubakira abantu 800, igisigaye ari ugushaka amafaranga yo kwishyura abaturage bazatanga ibibanza aba bantu bazubakirwamo.

Hari n’abazubakirwa mu masambu ya Leta.

Murasira ati: “Byose bigendana n’ubushobozi Leta ibona. Ubu twamaze kubona ingengo y’imari yo kubakira abaturage 800, bamwe tukazabubakira mu masambu ya Leta, abandi tubagurire ibibanza mu baturage. Ubu igisigaye ni ukubona amafaranga yo kwishyura abaturage bazaduha ibyo bibanza”.

Albert Murasira yavuze ko Leta yamaze kubona amafaranga yo kubakira abantu 800.

Yabwiye abaturage ko Leta yashyize imbaraga mu kubaka ibikorwaremezo bihangana n’ibiza ari nako yita ku kubakira abo byasize iheruheru.

Yabasabye kubungabunga ibikorwa remezo Leta yubatse, abasaba kutirara kandi akabibutsa ko hari ikoranabuhanga babonye ryitezweho gufasha mu kurwanya guhangana n’ibiza.

Hari mu ijoro taliki 02, Gicurasi, 2023 ubwo imvura yagwaga igateza ibiza birimo inkangu n’imyuzure byahitanye benshi mu Rwanda.

Rubavu, Gakenke, Burera, Musanze, Karongi, Nyamagabe na Nyamasheke turi mu turere twibasiwe n’ibyo biza.

Imibare yatangajwe na Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi MINEMA yerekanaga ko abantu 130 bahasize ubuzima, ibiraro n’ibindi bikorwaremezo birasenyuka.

Perezida Paul Kagame yihanganishije ababuriye ababo muri ibyo biza.

TAGGED:AbaturagefeaturedIbizaMurasiraRubavuRutsiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubuzima Bw’Umuyobozi W’Ikirenga Wa Iran Buri Mu Kaga
Next Article Rubavu: Abanyamuryango Ba FPR Inkotanyi Batashye Intare Kivu Arena
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Yafashe Abategeraga Abantu Muri Gare Ya Nyanza Bakabambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?