Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: MINALOC Yasabye Komisiyo Gusubika Amatora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rubavu: MINALOC Yasabye Komisiyo Gusubika Amatora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 August 2023 6:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umucanga ucukurwa mu Murenge wa Nyakiriba muri Rubavu
SHARE

Komisiyo y’amatora yatangaje ko Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yayisabye ko amatora y’abayobozi  baherutse kuva mu myanya yari ateganyijwe vuba aha mu Karere ka Rubavu, asubikwa.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’iyi Komisiyo witwa Charles Munyaneza yatangaje ko MINALOC yababye ko amatora yakwigizwa imbere kubera ko abatuye kariya karere batarongera kubaka ubuzima kubera ingaruka z’ibiza.

Ibyo biza byibasiye Uburengerazuba bw’u Rwanda cyane cyane Akarere ka Rubavu.

Hari taliki 02, Gicurasi, 2023 ubwo induru n’imiborogo byaramukaga nyuma y’uko abantu bazindutse bagasanga imivu yatwaye abantu, amatungo, imyaka n’inzu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Habarurwe abantu bagera ku 130 bapfuye bazize ibyo biza.

Ibintu bifite agaciro kabarirwa muri miliyari nyinshi z’amafaranga y’u Rwanda nabyo byarangiritse.

Charles Munyaneza yavuze ko Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ari yo isanzwe iha Komisiyo imyanya itorerwa kandi ikagira uruhare mu gutegura amatora.

Avuga ko yabasabye gusubika ayo matora binyuze mu ibaruwa yabandikiye ibabwira ko  nka Minisiteri ishinzwe imibereho y’abaturage, isanga byaba byiza amatora abaye asubitswe.

Ati: “ Badusabye ko twaba tuyasubitse kugira ngo abaturage babanze bisuganye hanyuma bazabone kuyategura bundi bushya.”

- Advertisement -

Kugeza ubu nta taliki amatora azaberaho iratangazwa kuko byose bizaterwa n’igihe Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu izatangariza ko ibintu byasubiye mu buryo.

Akarere ka Rubavu ntigafite Meya watowe.

Kayoborwa by’agateganyo na Déogratias Nzabonimpa wagiye ku buyobozi asimbuye Kambogo lldéphonse wegujwe n’Inama Njyanama kubera ibyo Perezida wayo witwa Dr Kabano Habimana Ignace yise ‘kudashobora.’

TAGGED:AkarereAmatoraMeyaMunyanezaRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ange Kagame Yagizwe Umuyobozi Muri Perezidansi
Next Article Rwanda: Imyidagaduro Ya Nijoro Yahawe Isaha Ntarengwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?