Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: MINALOC Yasabye Komisiyo Gusubika Amatora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rubavu: MINALOC Yasabye Komisiyo Gusubika Amatora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 August 2023 6:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umucanga ucukurwa mu Murenge wa Nyakiriba muri Rubavu
SHARE

Komisiyo y’amatora yatangaje ko Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yayisabye ko amatora y’abayobozi  baherutse kuva mu myanya yari ateganyijwe vuba aha mu Karere ka Rubavu, asubikwa.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’iyi Komisiyo witwa Charles Munyaneza yatangaje ko MINALOC yababye ko amatora yakwigizwa imbere kubera ko abatuye kariya karere batarongera kubaka ubuzima kubera ingaruka z’ibiza.

Ibyo biza byibasiye Uburengerazuba bw’u Rwanda cyane cyane Akarere ka Rubavu.

Hari taliki 02, Gicurasi, 2023 ubwo induru n’imiborogo byaramukaga nyuma y’uko abantu bazindutse bagasanga imivu yatwaye abantu, amatungo, imyaka n’inzu.

Habarurwe abantu bagera ku 130 bapfuye bazize ibyo biza.

Ibintu bifite agaciro kabarirwa muri miliyari nyinshi z’amafaranga y’u Rwanda nabyo byarangiritse.

Charles Munyaneza yavuze ko Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ari yo isanzwe iha Komisiyo imyanya itorerwa kandi ikagira uruhare mu gutegura amatora.

Avuga ko yabasabye gusubika ayo matora binyuze mu ibaruwa yabandikiye ibabwira ko  nka Minisiteri ishinzwe imibereho y’abaturage, isanga byaba byiza amatora abaye asubitswe.

Ati: “ Badusabye ko twaba tuyasubitse kugira ngo abaturage babanze bisuganye hanyuma bazabone kuyategura bundi bushya.”

Kugeza ubu nta taliki amatora azaberaho iratangazwa kuko byose bizaterwa n’igihe Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu izatangariza ko ibintu byasubiye mu buryo.

Akarere ka Rubavu ntigafite Meya watowe.

Kayoborwa by’agateganyo na Déogratias Nzabonimpa wagiye ku buyobozi asimbuye Kambogo lldéphonse wegujwe n’Inama Njyanama kubera ibyo Perezida wayo witwa Dr Kabano Habimana Ignace yise ‘kudashobora.’

TAGGED:AkarereAmatoraMeyaMunyanezaRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ange Kagame Yagizwe Umuyobozi Muri Perezidansi
Next Article Rwanda: Imyidagaduro Ya Nijoro Yahawe Isaha Ntarengwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kirehe – Polisi Yarashe Uherutse Kwica Umumotari Akamwambura Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Mu Minsi Mikuru Abantu 92 Bafunzwe Bazira Gutwara Banyoye Inzoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?