Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Abakozi b’Akarere bashinja Meya kubatoteza, we arabihakana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Abakozi b’Akarere bashinja Meya kubatoteza, we arabihakana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 December 2020 9:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango Bwana Valens Habarurema yaraye ahakanye ibivugwa na bamwe mu bakozi bo mu biro by’Akarere bamushinja kubatoteza. Hari mu kiganiro yahaye abanyamakuru.

Bamwe mu bakozi bo ku biro by’Akarere ka Ruhango n’abandi bikorera bavuga ko Meya Habarurema Valens ajya ababwira imvugo ibasesereza kandi akayibabwirira mu ruhame.

Bavuga ko bibabangamira, bikanabasesereza ndetse bikaba byatuma badakora neza akazi bashinzwe.

Ubwo yahaga abanyamakuru ikiganiro kuri uyu wa Gatanu, taliki 18, Ukuboza, 2020 Meya Habarurema yahakanye ibimuvugwaho avuga ko abakozi bunze ubumwe kandi basenyera umugozi umwe.

Yemeza ko bakorana nk’ikipe idadiye. Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens avuga ko nta mukozi wo mu Karere utishimye.

Yagize ati “Ntabwo nabitindaho, icyo mpamya ni kimwe gusa, ni uko nta mukozi utishimye.”

Gusa avuga ko umukozi umwe ku giti cye ashobora kutishima ku rugero rumwe, ariko abenshi nta kibazo bafite.

Uyu Muyobozi avuga ko banishimira ko hari ibikorwa remezo birimo imihanda ya Kaburimbo iri kubakwa mu mujyi kandi hari iyuzuye n’indi iri hafi kubakwa n’ibindi bikorwa remezo.

Abanyamakuru bamubajije kubyerekeye  Umujyanama w’Umuyobozi w’Akarere (Advisor to the Mayor) uherutse kwandika asezera akazi, gusa mbere yo gufata iki kemezo cyo kureka inshingano, yari yabwiye kimwe mu binyamakuru byandikira mu Rwanda  ko ananizwa bityo ko ‘atakwihanganira ibitutsi no kubwirwa nabi.’

Mayor Habarurema yabasubije ko yavuze ko mu ibaruwa ye[Advisor], nta yindi mpamvu yigeze agaragaza usibye kuvuga ko ingufu afite zitagendanye n’umuvuduko w’Iterambere Akarere kifuza kuganamo.

Usibye bamwe muri aba bakozi bavuga ko batotezwa, hari kandi na bamwe mu bikorera bagiye bavuga ko uriya muyobozi yagiye ababwira amagambo asesereza.

Taarifa yamenye ko Meya Habarurema yishongora ku bakozi b’Akarere akababwira ko yaje kubayobora yoherejwe kandi ko ashobora kubirukana, akababwira ko ari abaswa n’ibindi.

Hari umwe muribo wigeze kuvuga ko aho kuba umukozi ku rwego rukomeye ku karere yaba umukozi ukora mu busitani ku kandi karere.

Avuga ko bibabaje kuba umuyobozi yabwira nabi umukozi we mu ruhame kandi ntanamwubahire ko ari umuntu mukuru.

Icyo Perezida Kagame ‘avuga ku mico mibi’ y’abayobozi…

Mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’u Rwanda wa 18  uherutse kubera mu Karere ka Nyagatare, Perezida Kagame yavuze ko iyo ibintu bijya gupfa mu Karere bihera ku kibazo cy’ubuyobozi.

Yabigarutseho kandi no mu mwiherero wa 17 wabaye muri 2019 aho yakomoje kuri ‘bamwe mu bayobozi bakuru’ bagirira abaturage urugomo.

Icyo gihe yagize ati: “ Impamvu ya mbere ituma tudakora ibyo dushinzwe ni imico mibi, umuntu akaba afite ubumenyi, inshingano ariko akagira imico mibi…kandi iyo mico mibi isa n’aho iri mu bantu benshi.”

Urugomo ariko ntirukorwa n’abayobozi bakuru mu nzego z’igihugu ahubwo n’abo mu nzego z’ibanze barugaragayemo.

Urugero rwamenyekanye cyane n’urw’Umuyobozi w’Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze witwa Sebashotsi Gasasira Jean Paul uherutse gusabirwa n’Ubushinjacyaha gufungwa imyaka 15 nyuma y’uko agaragaye muri video akubitira umugore mu muhanda abaturage bareba, akanamukomeretsa. Ubushinjacyaha bwanamusabiye gutanga indishyi ya Miliyoni 5 Frw.

Perezida Kagame avuga ko iyo ibintu bijya gupfa bihera ku miyoborere mibi n’imico mibi y’abayobozi bamwe

Abahanga mu miyoborere bavuga ko umuyobozi mwiza ari uw’indakemwa mu myifatire, akagira ubushobozi bwo guha abandi inshingano, akamenya kubaganiriza atabasesereza kandi bakumva icyo avuze, akamenya kwifata mu gihe biri ngombwa, agashima uwakoze neza, agakunda kwihugura, akamenya kugera abantu ku mutima k’uburyo bakora ibyo abasabye, kandi ‘akaba umugwaneza ariko utari bize ngarame’.

Ivomo: Umuseke.rw

 

TAGGED:featuredHabaruremaKagameMeyaNyagatareRuhangoUmwihereroUrugomo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuba imibare y’abahohoterwa iba myinshi ni uko kuritangaho amakuru byiyongereye: ACP Muhisoni
Next Article HEC ivuga ko ikica ireme ry’uburezi ari uko abarimu bahembwa nabi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

FDLR Yarwanye Na Mai Mai

Imitangire Ya Serivisi Ntiranoga- RGB

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

You Might Also Like

Ubukungu

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ibishanga Bya Kigali Byangizwa N’Ababisukamo Amazi Yanduye- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abana Bafite Ubumuga Baracyahishwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?