Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Abakozi b’Akarere bashinja Meya kubatoteza, we arabihakana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Abakozi b’Akarere bashinja Meya kubatoteza, we arabihakana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 December 2020 9:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango Bwana Valens Habarurema yaraye ahakanye ibivugwa na bamwe mu bakozi bo mu biro by’Akarere bamushinja kubatoteza. Hari mu kiganiro yahaye abanyamakuru.

Bamwe mu bakozi bo ku biro by’Akarere ka Ruhango n’abandi bikorera bavuga ko Meya Habarurema Valens ajya ababwira imvugo ibasesereza kandi akayibabwirira mu ruhame.

Bavuga ko bibabangamira, bikanabasesereza ndetse bikaba byatuma badakora neza akazi bashinzwe.

Ubwo yahaga abanyamakuru ikiganiro kuri uyu wa Gatanu, taliki 18, Ukuboza, 2020 Meya Habarurema yahakanye ibimuvugwaho avuga ko abakozi bunze ubumwe kandi basenyera umugozi umwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yemeza ko bakorana nk’ikipe idadiye. Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens avuga ko nta mukozi wo mu Karere utishimye.

Yagize ati “Ntabwo nabitindaho, icyo mpamya ni kimwe gusa, ni uko nta mukozi utishimye.”

Gusa avuga ko umukozi umwe ku giti cye ashobora kutishima ku rugero rumwe, ariko abenshi nta kibazo bafite.

Uyu Muyobozi avuga ko banishimira ko hari ibikorwa remezo birimo imihanda ya Kaburimbo iri kubakwa mu mujyi kandi hari iyuzuye n’indi iri hafi kubakwa n’ibindi bikorwa remezo.

Abanyamakuru bamubajije kubyerekeye  Umujyanama w’Umuyobozi w’Akarere (Advisor to the Mayor) uherutse kwandika asezera akazi, gusa mbere yo gufata iki kemezo cyo kureka inshingano, yari yabwiye kimwe mu binyamakuru byandikira mu Rwanda  ko ananizwa bityo ko ‘atakwihanganira ibitutsi no kubwirwa nabi.’

- Advertisement -

Mayor Habarurema yabasubije ko yavuze ko mu ibaruwa ye[Advisor], nta yindi mpamvu yigeze agaragaza usibye kuvuga ko ingufu afite zitagendanye n’umuvuduko w’Iterambere Akarere kifuza kuganamo.

Usibye bamwe muri aba bakozi bavuga ko batotezwa, hari kandi na bamwe mu bikorera bagiye bavuga ko uriya muyobozi yagiye ababwira amagambo asesereza.

Taarifa yamenye ko Meya Habarurema yishongora ku bakozi b’Akarere akababwira ko yaje kubayobora yoherejwe kandi ko ashobora kubirukana, akababwira ko ari abaswa n’ibindi.

Hari umwe muribo wigeze kuvuga ko aho kuba umukozi ku rwego rukomeye ku karere yaba umukozi ukora mu busitani ku kandi karere.

Avuga ko bibabaje kuba umuyobozi yabwira nabi umukozi we mu ruhame kandi ntanamwubahire ko ari umuntu mukuru.

Icyo Perezida Kagame ‘avuga ku mico mibi’ y’abayobozi…

Mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’u Rwanda wa 18  uherutse kubera mu Karere ka Nyagatare, Perezida Kagame yavuze ko iyo ibintu bijya gupfa mu Karere bihera ku kibazo cy’ubuyobozi.

Yabigarutseho kandi no mu mwiherero wa 17 wabaye muri 2019 aho yakomoje kuri ‘bamwe mu bayobozi bakuru’ bagirira abaturage urugomo.

Icyo gihe yagize ati: “ Impamvu ya mbere ituma tudakora ibyo dushinzwe ni imico mibi, umuntu akaba afite ubumenyi, inshingano ariko akagira imico mibi…kandi iyo mico mibi isa n’aho iri mu bantu benshi.”

Urugomo ariko ntirukorwa n’abayobozi bakuru mu nzego z’igihugu ahubwo n’abo mu nzego z’ibanze barugaragayemo.

Urugero rwamenyekanye cyane n’urw’Umuyobozi w’Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze witwa Sebashotsi Gasasira Jean Paul uherutse gusabirwa n’Ubushinjacyaha gufungwa imyaka 15 nyuma y’uko agaragaye muri video akubitira umugore mu muhanda abaturage bareba, akanamukomeretsa. Ubushinjacyaha bwanamusabiye gutanga indishyi ya Miliyoni 5 Frw.

Perezida Kagame avuga ko iyo ibintu bijya gupfa bihera ku miyoborere mibi n’imico mibi y’abayobozi bamwe

Abahanga mu miyoborere bavuga ko umuyobozi mwiza ari uw’indakemwa mu myifatire, akagira ubushobozi bwo guha abandi inshingano, akamenya kubaganiriza atabasesereza kandi bakumva icyo avuze, akamenya kwifata mu gihe biri ngombwa, agashima uwakoze neza, agakunda kwihugura, akamenya kugera abantu ku mutima k’uburyo bakora ibyo abasabye, kandi ‘akaba umugwaneza ariko utari bize ngarame’.

Ivomo: Umuseke.rw

 

TAGGED:featuredHabaruremaKagameMeyaNyagatareRuhangoUmwihereroUrugomo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuba imibare y’abahohoterwa iba myinshi ni uko kuritangaho amakuru byiyongereye: ACP Muhisoni
Next Article HEC ivuga ko ikica ireme ry’uburezi ari uko abarimu bahembwa nabi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?