Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruti Joël Yaririmbye Indirimbo Yandikiwe Na Buravan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroPolitiki

Ruti Joël Yaririmbye Indirimbo Yandikiwe Na Buravan

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 January 2023 9:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ruti Joël yaraye atangarije abatabiriye  igitaramo “Rurasugiye” cyateguwe n’itorero Ibihame by’Imana ko hari indirimbo yandikiwe na Yvan Buravan uherutse gutabaruka.

Zimwe muri zo yaziririmbiye abari bitabiriye kiriya gitaramo.

Uyu muhanzi aherutse kumurika umuzingo yise ‘Musomandera’.

Ni  umwe mu bahanzi bakora indirimbo nyarwanda kandi mu buryo bwa gakondo.

Imwe mu ndirimbo ze zikunzwe ni iyitwa ‘Cyane’.

Hari n’izindi ndirimbo ze zikunzwe nka ‘Rwagasabo’ ikaba indirimbo iri mu zikunzwe n’abakunda umuziki gakondo  w’Abanyarwanda.

Ubwo aheruka ku rubyiniro yabanje gusaba abakobwa bari aho guhaguruka akabaririmbira indirimbo yise ‘Cunda.’

Yagize ati: “ Nakuboneye akazina nkwita Cunda we, Cunda amata we.

Yahise akomereza ku ndirimbo irata ubwiza bw’umukobwa yandikiwe na Yvan Buravan.

Ruti avuga ko iriya ndirimbo we na Buravan  bayise ‘Nyambo’.

Yahise akomereza ku ndirimbo yise ’Amariza’, ayitura abakobwa ‘bazi’ ko ari beza.

Mu magambo y’abahanzi, Ruti yita Buravan izina rua Nkongi.

Yagize ati: “Nkongi yamfashije gukora umuzingo wanjye wa mbere, nagize amahirwe yo kumugira, yansigiye Imana, nanjye reka mbaririmbire indirimbo yansigiye, nyibaririmbire uko yayiririmbye.”

Uyu muhanzi yahise aririmba indirimbo Buravan yise ’Ni Yesu’  yasohotse kuri album ’Twaje’, imaze umwaka umwe.

Iyi ni yo ndirimbo uyu muhanzi wanyuze benshi muri iki gitaramo yarangirijeho igitaramo cye.

 

TAGGED:AbakobwafeaturedGakondoRutiUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bamporiki Arasomerwa Ku Bujurire Bwe
Next Article Uwari Uhagarariye Uganda Muri Kenya Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?