Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ahantu 326 Habaruwe Ko Hateza Akaga Kubera Ibiza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Ahantu 326 Habaruwe Ko Hateza Akaga Kubera Ibiza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2024 2:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Imvura nyinshi ibangamira benshi
SHARE

Umuyobozi Mukuru ushinzwe gukurikirana ahashobora kwibasirwa n’ibiza muri MINEMA, Niyotwambaza Christine yavuze ko hari ahantu 326 habaruwe ko hashobora guteza ibiza kubera imvura iri kugwa cyane mu Rwanda.

Ni ahantu babaruye mu Turere 18 turimo na dutatu tugize Umujyi wa Kigali.

Niyotwambaza avuga ko mu ibarura ryabo basanzwe hari imiryango 8,300 irenga ituye ahantu hazayiteza akaga ariko kugeza ubwo yaganiraga na RBA kuri uyu wa Kane taliki 25, Mata, uyu muyobozi yavuze ko hamaze kwimurwa imiryango 4,768.

Uturere turi mu kaga ko kwibasirwa n’ibiza ni uturere twose tw’Intara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba ndetse n’Akarere ka Muhanga( mu Majyepfo) hakiyongeraho uturere twose tw’Umujyi wa Kigali.

Niyotwambaza Christine avuga ko ibiza bigaragara mu Rwanda mu gihe cy’imvura nyinshi ari inkangu ziterwa n’amazi menshi aba yinjiye mu butaka, inkuba ndetse n’umuyaga usenya inzu ugahirika cyangwa ukarandura imyaka.

Ati “Tumaze kwimura imiryango 4768, twabonye imiryango igera mu 8300 iri ahashobora gushyira ubuzima bwayo mu kaga.”

Niyotwambaza Christine

Meteo Rwanda imaze iminsi iburira abantu ko mu minsi ya nyuma ya Mata, 2024 hazagwa imvura iri ku rugero rwo hejuru ugereranyije n’isanzwe igwa mu gihe nk’icyo.

Mu byumweru bike bishize, mu bice bimwe na bimwe by’u Rwanda havuzwe imvura nyinshi yateje imyuzure ndetse n’imihanda imwe n’imwe irafungwa by’agateganyo.

Ni ikibazo cyakomeje ku buryo hari n’igice cy’umuhanda wa Nyamasheke-Rusizi kiri mu ishyamba rya Nyungwe cyasenyutse.

Ifoto y’icyo gice cy’umuhanda cyasenyutse icyerekana cyasadutse kumanukana n’ubutaka mu kabande k’iri shyamba ry’inzitane.

Igice Kimwe Cy’Umuhanda Nyamagabe-Rusizi Si Nyabagendwa

TAGGED:AkarerefeaturedIbizaImvuraMINEMA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo RDB Yishimira Mu Ishoramari Mu Rwanda
Next Article Amerika: Imyigaragambyo Y’Abanyeshuri Ba Kaminuza Iri Gufata Indi Ntera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?