Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ahantu 326 Habaruwe Ko Hateza Akaga Kubera Ibiza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Ahantu 326 Habaruwe Ko Hateza Akaga Kubera Ibiza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2024 2:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Imvura nyinshi ibangamira benshi
SHARE

Umuyobozi Mukuru ushinzwe gukurikirana ahashobora kwibasirwa n’ibiza muri MINEMA, Niyotwambaza Christine yavuze ko hari ahantu 326 habaruwe ko hashobora guteza ibiza kubera imvura iri kugwa cyane mu Rwanda.

Ni ahantu babaruye mu Turere 18 turimo na dutatu tugize Umujyi wa Kigali.

Niyotwambaza avuga ko mu ibarura ryabo basanzwe hari imiryango 8,300 irenga ituye ahantu hazayiteza akaga ariko kugeza ubwo yaganiraga na RBA kuri uyu wa Kane taliki 25, Mata, uyu muyobozi yavuze ko hamaze kwimurwa imiryango 4,768.

Uturere turi mu kaga ko kwibasirwa n’ibiza ni uturere twose tw’Intara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba ndetse n’Akarere ka Muhanga( mu Majyepfo) hakiyongeraho uturere twose tw’Umujyi wa Kigali.

Niyotwambaza Christine avuga ko ibiza bigaragara mu Rwanda mu gihe cy’imvura nyinshi ari inkangu ziterwa n’amazi menshi aba yinjiye mu butaka, inkuba ndetse n’umuyaga usenya inzu ugahirika cyangwa ukarandura imyaka.

Ati “Tumaze kwimura imiryango 4768, twabonye imiryango igera mu 8300 iri ahashobora gushyira ubuzima bwayo mu kaga.”

Niyotwambaza Christine

Meteo Rwanda imaze iminsi iburira abantu ko mu minsi ya nyuma ya Mata, 2024 hazagwa imvura iri ku rugero rwo hejuru ugereranyije n’isanzwe igwa mu gihe nk’icyo.

Mu byumweru bike bishize, mu bice bimwe na bimwe by’u Rwanda havuzwe imvura nyinshi yateje imyuzure ndetse n’imihanda imwe n’imwe irafungwa by’agateganyo.

Ni ikibazo cyakomeje ku buryo hari n’igice cy’umuhanda wa Nyamasheke-Rusizi kiri mu ishyamba rya Nyungwe cyasenyutse.

Ifoto y’icyo gice cy’umuhanda cyasenyutse icyerekana cyasadutse kumanukana n’ubutaka mu kabande k’iri shyamba ry’inzitane.

Igice Kimwe Cy’Umuhanda Nyamagabe-Rusizi Si Nyabagendwa

TAGGED:AkarerefeaturedIbizaImvuraMINEMA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo RDB Yishimira Mu Ishoramari Mu Rwanda
Next Article Amerika: Imyigaragambyo Y’Abanyeshuri Ba Kaminuza Iri Gufata Indi Ntera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?