Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RwandAir Yahagaritse Kujya Muri DRC, Ibintu Biragana He?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RwandAir Yahagaritse Kujya Muri DRC, Ibintu Biragana He?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2022 2:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’u Rwanda gitwara abantu n’ibintu mu ndege nini kitwa RwandAir yatangaje ko kibaye gihagaritse ingendo zose cyakoreraga muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Hagati aho n’amakuru avuga ko ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bushobora gufunga imipaka ibuhuza n’u Rwanda.

Itangazo ry’iki kigo rivuga ko guhagarika ingendo zijya i Kinshasa n’ahandi muri kiriya gihugu cyafashwe nyuma y’uko n’ubutegetsi bw’i Kinshasa butangaje ko nta ndege za kiriya kigo ziva mu Rwanda zimerewe kujya i Kinshasa.

RwandAir yatangaje ko ibabajwe n’iki cyemero ariko ngo yiteguye gusubiza amafaranga abari baraguze tike zo kujya i Kinshasa, i Goma n’i Bukavu.

RwandAir ifite ahandi henshi ku isi isanzwe ijyana cyangwa ikacana abagenzi

Amakuru Taarifa ifite avuga ko mu minsi ishize hari inama yabereye i Goma yari iyobowe n’Umusirikare mukuru uyobora Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, ikaba yarigiwe n’uburyo Repubulika ya Demukarasi ya Congo yaba ifunze umupaka uyihuza n’u Rwanda.

Kuva ibitero by’Umutwe wa M23 byaba byinshi ku ngabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, hari bamwe mu bayobozi bakuru b’iki gihugu batangiye kuvuga ko u Rwanda ruri gutera inkunga uriya mutwe.

Guhera mu ntangiriro z’iki Cyumweru( hari taliki 23, Gicurasi, 2022) intambara yararose hagati ya M 23 n’ingabo za DRC.

Bidatinze ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo zasohoye itangazo ryavugaga ko zakubise inshuro abarwanyi ba M23 bagata ibikoresho birimo n’amacupa abasirikare batwaramo amazi kandi ngo ayo macupa ntakoreshwa haba mu ngabo za DRC ndetse no mu mutwe wa M23.

Iri tangazo hari aho rivuga ko basanganye amacupa ya gisirikare adasanzwe mu ngabo za DRC

Ni itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru witwa Brig Gen Ekenge Bomisa Efomi Sylvain.

Amakuru yavaga mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru yavugaga ko abarwanyi ba M23 bokeje igitutu ingabo za DRC barazisunika bazigize ‘hirya kure.’

Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bwatangaje ko ukurikije ubwinshi bw’umuriro wavaga mu mbunda za M23 ndetse n’urusaku rw’izo ntwaro, byagorana kwemera ko nta zindi mbaraga zibari inyuma.

Izo mbaraga rero nizo bavuga ko nta zindi zitari ‘u Rwanda’.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Patrick Muyaya yagize ati: “ Hari ibintu bitwereka ko M 23 iri kubona ubufasha buva mu Rwanda.”

Muyaya yabitangaje nyuma y’inama ya Guverinoma yari yatumijwe na Minisitiri w’Intebe ngo yige kuri kiriya kibazo.

Undi muyobozi mukuru muri Guverinoma ya DRC washinje u Rwanda kuba inyuma y’imbaraga nyinshi za M23 ni Minisitiri w’ububanyi n’amahanga witwa Christophe Lutundula.

Aherutse no kubibwira intumwa z’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe bari bahuriye muri Equatorial Guinea ku wa Gatatu w’Icyumweru kiri kurangira.

Ku ruhande rw’u Rwanda, Umuvugizi wa  Guverinoma yarwo  witwa Yolande Makolo yavuze ko u Rwanda nta mugambi cyangwa inyungu rufite mu kwivanga mu bibera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Yolande Makolo

Hagati aho kandi hari abaturage bo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo cyangwa  se bahafite inkomoko batangiye gutangariza ku mbuga nkoranyambaga imvugo z’urwango bafitiye Abatutsi.

Hari n’abagaragaye bafite imihoro bavuga ko bayitemesha Abatutsi.

Abayobozi ba DRC bamaganye ziriya mvugo z’urwango, bavuga ko zidahagaze zateza akaga karimo na Jenoside.

 

TAGGED:AbatutsiCongofeaturedMakoloRepubulika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyarugenge: Urubyiruko Rw’I Karama Ruri Kwiga Ubukorikori N’Ikoranabuhanga
Next Article Ingabo Za DRC Na FDLR Zashimuse Abasirikare Ba RDF
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Abasenateri Babajije Minisante Aho Igeze Ikemura Ubuke Bw’Abaganga

Perezida Wa Misiri Yambitse Umupolisi W’u Rwanda Umudali

Kagame Yihanganishije Abaturage Ba Kenya Kubera Urupfu Rwa Odinga 

Kabila Yashinze Ishyaka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kenya Yashyizeho Icyunamo Cy’Iminsi Irindwi Bunamira Odinga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Bafatanywe Urumogi Rwuzuye Umufuka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?