Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwiyemezamirimo Avuga Ko Impu Zikanirwa Mu Rwanda Ziba Zidakannye Neza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwiyemezamirimo Avuga Ko Impu Zikanirwa Mu Rwanda Ziba Zidakannye Neza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 May 2022 12:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Rwiyemezamirimo witwa Jean Luc Hirwa ukorera mu Murenge wa Gikondo usanganywe uruganda rukora inkweto avuga ko kubona impu nziza zakorewe mu Rwanda kugira ngo zitunganywemo inkweto bigoye kubera ko inyinshi mu zikanirwa mu Rwanda ziba zikannye nabi.

Yabwiye RBA ko ari byiza ko abashoramari b’u Rwanda bihuza bagashora mu ruganda rutunganye impu bityo bagakora inkweto zakorewe mu Rwanda.

Hari na bagenzi be babavuga ko ari ngombwa kwihuza kugira ngo izo nkweto zikorwe.

Byitezweho kuzacyemura ikibazo cy’ibura ry’ibikoresho bikomoka ku mpu mu Rwanda cyane cyane inkweto  ziganjemo izikozwe mu mpu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku byerekeye izo mpu, Hirwa ati: “Impu dukoresha tuzibona ku isoko ryo mu Rwanda hari n’iziva hanze, ariko izikorwa n’Abanyarwanda ntabwo baragira ubushobozi bwo gukora impu zifite ubwiza nyabwo kandi uburyo bazikoramo ntabwo ari uburyo bwihuse bituma bizamura n’igiciro cyazo.”

Uyu rwiyemezamirimo avuga ko impu zikanirwa mu Rwanda ziba zidakannye neza

Imbogamizi ku batunganye impu…

Umuyobozi w’Impuzamashyiramwe ry’abakana impu witwa Bizimana avuga ko imwe mu mpamvu zituma kuzikana ku rwego ruboneye abanyenganda, ari akazi gasaba kugira ibikoresho bihambaye, bihenze.

Ati “… Uramutse ukoresheje ibikoresho bya kijyambere wabona impu kandi nziza.Tugira n’ikibazo cyo kumva ko tugomba kwambara ikintu kiva mu mahanga ukumva waberewe kurusha abandi ugasanga turi muri urwo kandi twakabaye tubyikorera…”

Perezida Kagame yasabye abanyemari b’u Rwanda gucyemura iki kibazo…

- Advertisement -

Muri byinshi yagarutseho mu kiganiro yagiranye n’abagize Komite yaguye y’Umuryango FPR Inkotanyi, Perezida Paul Kagame akaba na n’Umuyobozi mukuru w’uyu muryango, yanagarutse ku kibazo cy’uko Abanyarwanda bacyambara inkweto baguze mu mahanga kandi bashobora kuzikorera.

Kagame yavuze ko bidakwiye kuba impu ziva ku matungo abagirwa mu Rwanda zijugunywa aho kugira ngo zitunganywe zivanwemo inkweto zikomeye kandi zagurishwa haba mu Rwanda no mu mahanga.

Pererezida Kagame yavuze ko hari n’aho yigeze kujya mu myaka yashize bamubwira ko mu Rwanda bagira impu nziza ziri mu zikomeye kurusha izindi.

Ati: “ Abantu barabaga bashaka inyama, impu bakajugunya kandi hari abantu bashaka inkweto”

Yasabye abashinzwe ubucuruzi n’inganda kureba niba nta bantu bazi  gukora ibya ziriya mpu ni ukuvuga kuzitunganya no kuzikoramo inkweto bakabikorera mu Rwanda.

Yabishinze abakora muri iriya Minisiteri ariko na Federasiyo y’abikorera isabwa kubigiramo uruhare.

Perezida Kagame yasabye abazakora imyanzuro yemerejwe muri iriya Nteko kuzabishyira mu myanzuro bikazakorwa vuba.

Umuyobozi wa RDB Clare Akamanzi yabwiye Perezida Kagame ko kuba bataratangira gutunganya inkweto ahanini biterwa n’uko kuzitunganya bigendana no gusuzuma imwimerere w’impu hanyuma zigatunganywa.

Icyakora yabwiye Perezida Kagame ko kiriya ari igikorwa batangije kandi kizakorwa neza bidatinze.

Umukuru w’Igihugu yasabye ababishinzwe gushyira imbaraga mu kubikora ndetse bakenera inkunga, bakazabivuga, igashakwa.

Icyakora yabajije Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda niba hari igihe runaka cyateganyijwe bigomba kuba byatangiriye undi aramusubiza ati: “ Tuzakora ibishoboka byose kugira ngo tubyihutishe.”

Abari aho basetse!

Perezida Kagame ati: “ Ni uko nyine!( nawe aseka), ubwo ni uko twibereye nyine, dutahiye ibyo ngibyo, iyicarire!”

Yahaye Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente umukoro wo kuzakurikirana ishyirwa mu bikorwa bya ziriya nganda.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko bibaye ngombwa ko hari uhabwa amafaranga kugira ngo abikore, yayahabwa hanyuma akazaba agaruka mu isanduku ya Leta igihe kigeze.

TAGGED:featuredFPRImpuInkotanyiKagameRwandaRwiyemezamirimo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibisasu Byavaga Muri DRC Byahagaze Kugwa Mu Rwanda
Next Article Miss Iradukunda Elsa Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?