Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Shekau Wayoboraga Boko Haram YIYAHUYE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IterabwobaMu mahanga

Shekau Wayoboraga Boko Haram YIYAHUYE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 May 2021 6:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru atangwa n’ubuyobozi bwa Nigeria ariko ataremezwa n’urundi ruhande rwigenga, avuga ko Abubakar Shekau wayobora Boko Haram yaraye yiturikirijeho igisasu yanga ko abarwanyi bo mu wundi mutwe bahanganye bamufata mpiri.

Umutwe uri kotsa igitutu Boko Haram ni uwitwa  Islamic State  West Africa Province (ISWAP) ukorera mu Majyaruguru ya Nigeria.

Imirwano bivugwa ko yaguyemo Shekau yaraye ibereye mu gace kitwa Borno ahasanzwe hari ibirindiro bya Boko Haram.

Ikinyamakuru cyatangaje urupfu rwa Abubakar Shekau bwa ni ni The Wall Street Journal, ku makuru cyahawe n’ubutegetsi bwo muri Nigeria.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi ni uko abanditsi ba kiriya kinyamakuru babonye n’izindi nyandiko abarwanyi ba Boko Haram bandikiranye zivuga ku rupfu rwa Shekau.

Umwe mu bahanga mu mikorere y’imitwe y’iterabwoba witwa Bulama Bukarti ukora mu kigo kitwa Tony Blair Institute for Global Change, yabwiye  The Wall Street Journal ko  ‘Shekau ari muyobozi w’Umutwe w’iterabwoba wamaze igihe akora ishyano kandi amahanga yaramusuzuguye.”

Kuri we ngo Amerika yasuzuguye ubushobozi bwa Shekau kugeza ubwo yishe abantu babarirwa mu bihumbi byinshi kandi kumubona bitari bigoye.

Hari abashidikanya ku rupfu rwe…

Si ubwa mbere bitangajwe Shakau yapfuye ariko nyuma akaza kugaruka. Iyi niyo mpamvu hari bamwe mu basirikare bakuru  ba Nigeria bavuze ko bakigenzura neza niba kuko uvugwa ko yiyahuje ibisasu ari Abubakar Shekau.

- Advertisement -

Shekau yayoboye Boko Haram guhera mu mwaka wa 2009.

Kuva icyo gihe uyu mutwe wiswe uw’iterabwoba wahitanye abantu 40 000 kandi usiga abandi benshi batagira aho aho kurambika umusaya.

Boko Haram imaze imyaka myinshi yarishyize abatuye Cameroon, Niger na Nigeria mu iterabwoba ryinshi( Photo@CIA Flickr)

Ibikorwa byawo byarenze Nigeria bifata Chad, Cameroon na Niger.

Boko Haram yari imaze imyaka mike ihanganye na wa mutwe twavuze haruguru witwa  ISWAP, baharanira gufata kiriya gice bakagishyiramo ubutegetsi bwa kisilamu bugendera ku mahame akarishye ya Sharia.

Shekau yatangiye gutegeka Boko Haram muri 2009 ubwo yari asimbuye Muhammad Yusuf wishwe na Polisi ya Nigeria.

Icyo gihe ikizwi nka Boko Haram muri iki gihe kitwaga bJama’tu Ahlis Sunna Lidda’awati wal-Jihad.

TAGGED:BokofeaturedHaramShekauUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwungutse Hotel Eshatu Z’Inyenyeri Eshanu
Next Article Martin Ngoga Yatorewe Kuyobora Komite Igenzura Imyitwarire Muri FIFA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?