Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Telefoni 52,000 Za Airtel Muri Connect Rwanda Zimaze Guhabwa Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Telefoni 52,000 Za Airtel Muri Connect Rwanda Zimaze Guhabwa Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 December 2023 1:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Emmanuel Hammez uyobora Airtel Rwanda avuga ko kuva cyatangira guha abaturage telefoni zigezweho muri gahunda ya Connect Rwanda, hamaze gutangwa telefoni 52,000.

Yabivugiye mu Karere ka Rubavu ahatangiwe izindi telefoni 3000.

Hammez ashima Leta y’u Rwanda yazanye uburyo bwo guhamagara na murandasi idahenze bigendana no guhabwa iyo telefoni.

Avuga ko ubu buryo buzagirira abaturage akamaro mu iterambere ryabo.

Emmanuel Hammez ati: “Tumaze gutanga telefoni 52,000 hirya no hino mu Rwanda.  Twabazaniye 3,000 muri Rubavu kandi biracyakomeje.”

Emmanuel Hammez uyobora Airtel Rwanda

Meya wa Rubavu Murindwa Prosper yasabye abaturage kumenya ko ziriya telefoni ari impano bahawe na Perezida Kagame ngo babeho mu ikoranabuhanga.

Avuga ko Abanyarwanda bishimira intambwe bamaze gutera mu rwego rw’ikoranabuhanga, ndetse ngo bigaragarira no mu kuba Abanyarwanda bashobora kwisabira serivisi batavuye aho bari kandi ngo bifasha mu bucuruzi bwaba hagati y’Abanyarwanda n’abaturanyi babo.

Murindwa ashima ko iyo abaturage bafite ikoranabuhanga bamenya amakuru arimo n’ay’ubucuruzi.

Kubera ko abaturage ba Rubavu bakunze gukora ubucuruzi bwambuka imipaka, bashishikarizwa kuzajya bamenya amakuru y’uko ibiciro bihagaze, bakamenya uko barangura badahenzwe ndetse n’ibindi bijyanye n’akazi kabo.

Gahunda ya Connect Rwanda yatangirijwe mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza.

Nyuma izo telefoni zahawe abo muri Burera ahitwa Butaro, zikomereza muri Nyamasheke na Rusizi, hakurikiraho Nyanza kuri Stade ya Busasamana, nyuma hakurikiraho Rubavu kuri Stade Umuganda.

Intego ya Airtel Rwanda ni uko umwaka wa 2024 uzarangira hatanzwe telefoni miliyoni 1.2.

TAGGED:CongoConnectfeaturedHammezIkoranabuhangaRwandatelefoniUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Haravugwa Umutwe Wa Gisirikare Washinzwe N’Uwahoze Uyobora Amatora
Next Article Imfu Z’Ababyeyi Bapfa Babyara Zihangayikishije u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?