Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Trump Yiyemeje Ko Icyo Kwirukana Abimukira Cyihutirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Trump Yiyemeje Ko Icyo Kwirukana Abimukira Cyihutirwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 January 2025 9:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kurahira kwe Perezida w’Amerika Donald Trump, yiyemeje ko kwirukana abimukira bari muri Amerika badafite ibyangombwa byo kuhaba biri mu byihutirwa.

Trump yarahiriye mu nzu kubera ubukonje bwinshi, arahira afashe kuri Bibiliya, imbere y’abanyacyubahiro batandukanye barimo abigeze kuyobora Amerika bakiriho, abayobozi b’amadini, ibyamamare bitandukanye, abo mu muryango we n’abandi.

Mu ijambo ryo kurahira yavuze ko agiye kongera ingufu mu kubyaza umusaruro ibikomoka kuri petelori no gushyigikira indi mishinga ituma Amerika yongera gusubirana umwanya wayo wo kuba igihugu cya mbere gikize kandi gikomeye ku isi.

Trump ati: “ Tuzongera tube igihugu gikize, kandi zahabu dufite munsi y’ibirenge byacu ni yo izabidufashamo. Tugiye gucukura, dukomeze ducukure nta guhagarara”.

Yizeje abantu ko azahita atangira guca imisoro ibihugu by’amahanga hagamijwe kugira ngo abaturage ba Amerika bakire koko.

Uyobora Amerika yavuze ko mu buryo bwihutirwa azavugurura ‘système’ y’ubucuruzi mu rwego rwo kurinda imiryango n’abakozi b’Abanyamerika.

Yemeza ko azashyiraho imisoro n’amahoro kuri za gasutamo ku bihugu by’amahanga agamije kuzamura ubukire bw’Abanyamerika.

Perezida Trump kandi yavuze ko hagiye kuvugururwa amategeko n’urwego rw’ubutabera mu mijyi y’Amerika ndetse no bice by’icyaro.

Yavuze ko agiye kwirukana abimukira bose bari muri Amerika ariko badafite ibyangombwa bibemerera kuhaba kandi ngo babarirwa mu mamiliyoni n’amamiliyoni, akavuga ko binjiye muri Amerika ari benshi.

Perezida Donald Trump yagarutse ku biherutse kumubaho ubwo yaraswaga, agakomereka ku gutwi, avuga ko Imana yamutabaye kubera impamvu.

Ati: “Ubuzima bwanjye bwatabawe kubera impamvu. Natabawe n’Imana yacu ishaka ko Leta zunze ubumwe z’Amerika zongera kubona gukomera zahoranye”.

Perezida Donald Trump yijeje ko ibihe byiza bishya bya Amerika bitangiye kandi ko intego ye ari ukongera kugarurira abaturage ba Amerika icyizere, ubukire n’ibindi.

Kuri we gusubira inyuma kwa Amerika, kwararangiye, akemeza ko Amerika igiye gutanga icyizere, ubukire, demokarasi n’ubwisanzure ku baturage bayo n’ahandi ku isi.

Icyakora Trump afite amadosiye aremereye amutegereje ku meza.

TAGGED:AbimukiraAmerikafeaturedTrump
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubuzima Bw’Umugore Wa Theo Bosebabireba Bugeze Aharindimuka
Next Article Meya Wa Ruhango Aravugwaho Gutuka Abo Bakorana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

You Might Also Like

Mu mahanga

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?