Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yeretswe Ibyavuye Mu Biganiro Bya Luanda Biheruka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yeretswe Ibyavuye Mu Biganiro Bya Luanda Biheruka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 September 2024 8:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane taliki 19, Nzeri, 2024 Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Angola Téte Antonio yagejeje kuri Perezida wa DRC Felix Tshisekedi inyandiko ikubiyemo uko ibiganiro biherutse guhuriza i Luanda Nduhungirehe na mugenzi we wa DRC Madamu Thérèse Kayikwamba Wagner byagenze.

Téte Antonio yabwiye itangazamakuru ko nk’umuntu wari uhagarariye Perezida wa Angola, afite inshingano zo kugeza kuri Perezida Tshisekedi ibyagezweho muri ibyo biganiro.

Ni ibiganiro bimaze igihe bikorwa mu rwego rwo kureba uko intambara yo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo yahosha.

Iki gihugu gishinja u Rwanda gufasha umutwe ukirwanya wa M23, rwo rukavuga ko ibibazo biri hagati y’uyu mutwe na DRC ari ibireba abayobozi b’iki gihugu n’abaturage bacyo.

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame akunze kuvuga ko niyo ingabo z’u Rwanda zajya muri kiriya gihugu zaba zifite impamvu zumvikana zo kubikora kuko gicumbikiye abantu bafite umugambi wo kugaruka bakarukoreramo Jenoside.

Abo ni abagize FDLR, umutwe wa politiki na gisirikare urimo abasize bakoze iriya Jenoside cyangwa ababakomokaho bafite ingengabitekerezo yayo.

Ku byerekeye guhura kwa Tshisekedi na Téte Antonio, Radio Okapi yanditse ko uyu muyobozi muri Angola yabwiye itangazamakuru ko nyuma ya biriya biganiro, ikiba gisigaye ari ukugeza ku bayobozi b’ibihugu ibyabivuyemo.

Ibyo biri kandi mu nshingano ze nk’uwari uhagarariye umuhuza mu biganiro bya Luanda ari we Perezida wa Angola João Manuel Gonçalves Lourenço, uyu akaba umunyapolitiki ukomeye wavutse mu mwaka wa 1954.

Lourenço avugwaho kuba umuhuza wizewe n’impande zirebwa n’iki kibazo kurusha uko byari bimeze kuri Kenya ya Ruto na Kenyatta.

Repubulika ya Demukarasi ya Congo yavugaga ko idashira amakenga ubuhuza bwa Kenya kuko ngo Nairobi yari ihengamiye kuri Kigali.

Mu nama iherutse guhuza Nduhungirehe na Kayikwamba muri Angola yarangiye u Rwanda na DRC byiyemeje gukomeza gukorana mu guteza imbere ibi biganiro hagamijwe ko Uburasirazuba bwa DRC bwatekana.

Yari inama ya kane ihuje ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibi bihugu.

Iheruka yari yahuje abashinzwe ubutasi hagati y’ibihugu byombi ibera i Rubavu, hakaba hari taliki 29 na taliki 30, Kanama, 2024.

Inyandiko mvugo yavuye muri iyo nama iri mu byaganiriweho na Amb Nduhungirehe na mugenzi we wa DRC witwa Thérèse Kayikwamba Wagner.

TAGGED:AngolaDRCfeaturedIbiganiroInyandikoKayikwambaNduhungireheRubavuRwandaTshisekediUbutasi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Twasize Inyuma Amateka Mabi -Kagame
Next Article Israel Yatangije Ibitero By’Indege Muri Lebanon
1 Comment
  • Isma says:
    20 September 2024 at 2:55 pm

    Twiringire ko bitazajya mu kabati ubwo bamuhaye ibyagezweho akumva ko hakwiye impinduka wenda mu bibera muri kiriya gihugu.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?