Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tuvuye Muri Polisi Ariko Ntituvuyemo-CG (Rtd) Emmanuel K Gasana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Tuvuye Muri Polisi Ariko Ntituvuyemo-CG (Rtd) Emmanuel K Gasana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 September 2023 10:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imbere ya Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Alfred Gasana wari umushyitsi mukuru muri gikorwa cyo kwakira abapolisi bakuru baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru, CG(Rtd) E. Gasana yavuze ko n’ubwo we na bagenzi be bavuye muri Polisi ariko bo itabavuyemo kuko bari muri ‘reserve’.

Abapolisi bose Perezida Kagame aherutse gushyira mu kiruhuko ni 112.

Abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru bari ku rwego rwa Komiseri  ni batandatu , ba ofisiye bakuru batanu, ba ofisiye bato 28, n’abapolisi bato 60.

Hari n’abapolisi 7 basezerewe ku mpamvu z’uburwayi na batandatu basezerewe ku zindi mpamvu zitandukanye.

CG (Rtd) Emmanuel K Gasana wavuze mu izina rya bagenzi be yagize ati: “Ntituzatatira igihango cyo gukorera Igihugu, aho tuzakenerwa hose tuzaba twiteguye.”

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye avuga ko abo yakoranye neza n’abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, kuko bakoranye umurava ibyo bari bashinzwe byose.

Nawe yababwiye ko Urwego ayoboye ruzakomeza gukorana nabo mu byo bazaba bashinzwe aho ari ho hose.

IGP Gasana ati: “Polisi y’u Rwanda ifite gahunda ihamye kandi irambye yo gukorana bya hafi n’abahoze ari abapolisi bari mu kiruhuko cy’izabukuru.”

CG Felix Namuhoranye

Yavuze ko bizabafasha kunoza akazi k’umutekano no kwita ku mibereho ya bagenzi babo bahoranye mu kazi kandi bikazafasha mu guha icyizere abakiri bato bifuza kuba aba polisi.

Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Alfred Gasana yavuze ko mu izina rya Perezida wa Repubulika, abashimiye umurava bagize mu kazi kaboabagiye mu kiruhuko cy’izabukuru ku bw’umurava, ubwitange no kutizigama byabaranze mu kazi.

Ati “Mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, ndashimira cyane mwe mwese mwashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, ku murava, ubwitange no kutizigama byabaranze mu kazi.”

Yavuze ko imirimo bakoze abanyarwanda bose babashimira kuko bagize uruhare rukomye mu kubaka Igihugu gitekanye.

Minisitiri Gasana yanashimiye abasanzwe bari mu kiruhuko cy’izabukuru kuba barakomeje gukora ibikorwa biteza imbere Igihugu ndetse nabo ubwabo biteza imbere.

Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Alfred Gasana
TAGGED:AbaturagefeaturedGasanaKagamePolisiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Abana Bagiye Gushyirirwaho Car Free Day
Next Article Nyuma Y’Imyaka 46 Urugomero Rwa Rusumo Rugiye Gutahwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?