Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bufaransa ‘Buri Hafi’ Gusubukura Gutunganya Gazi Ya Cabo Delgado
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Bufaransa ‘Buri Hafi’ Gusubukura Gutunganya Gazi Ya Cabo Delgado

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 January 2023 6:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Patrick Jean Pouyanné uyobora Ikigo cy’Abafaransa gicukura kandi kigatunganya ibikomoka kuri Petelori ari hafi gusura aho ikigo cya Leta y’u Bufaransa TotalEnergies gikora iriya mirimo  muri Cabo Delgado, Mozambique.

Ni uruzinduko rwo gusuzuma niba umutekano muri kiriya gice no mu bigikikije uhagije k’uburyo imiromo ya TotalEnergies yasubukurwa nta nkomyi.

Pouyanné yavutse mu mwaka wa 1963 akaba yaratangiye kuyobora TotalEnergies mu mwaka wa 2014.

Ikinyamakuru cy’Abafaransa gikorera muri Kenya kitwa Africa Intelligence cyanditse ko uruzinduko rwa Patrick Jean Pouyanné ruri mu rwego rwo kureba niba ibintu byose biri ku murongo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Patrick Jean Pouyanné

Niwe uzatangaza mu gihe kiri imbere niba uruganda rwasubukura imirimo yarwo cyangwa hari ibigikeneye kunozwa.

Italiki azasurira ruriya ruganda ntiratangazwa, bakaba baririnze kuyitangaza mu rwego rwo kumurindira umutekano.

Umutekano muke muri Cabo Delgado watangiye mu mwaka wa 2017 ubwo inyeshyamba zatangiraga kuhirukana abasirikare ba Mozambique.

Nyuma gato, Mozambique yitabaje u Rwanda ngo ruyifashe kwirukana bariya barwanyi, rurabyemera rurabikora birakunda.

Perezida Paul Kagame aherutse kubwira Jeune Afrique ko ingabo z’u Rwanda muri Mozambique zahakoze akazi ko gushimwa.

- Advertisement -

Nyuma gato y’uko u Rwanda rusubije ibintu mu buryo muri iriya Ntara, hari amafaranga yatanzwe ngo ibikorwa remezo by’aho[muri Cabo Delgado] bitangire kusanwa, ibindi byubakwe.

Abafatanyabikorwa ba Leta ya Mozambique barimo na Banki y’Isi batangiye gutanga ariya mafaranga.

Iyi banki yarangije kurekura miliyoni $100  zo guhita hatangira gukorwa ibikorwa by’ibanze bwo gusana ibice byihariye by’iriya Ntara.

Umurwa mukuru wa Cabo Delgado witwa Mocimboa da Praia niwo ugomba kwitabwaho mbere na mbere.

Cabo Delgado ikize  kuri Petelori na gazi.

Mu mwaka wa 2022, umuyobozi wa Banki y’Isi muri Mozambique witwa Idah Pswarayi-Riddihough yatangaje ko byabaye ngombwa ko iriya banki igira amafaranga iteganya yo gusana ibikorwa remezo byakenerwaga n’abaturage batahukaga basubira mu byabo.

Madamu Idah Pswarayi-Riddihough avuze ko Banki ahagarariye muri Mozambique iteganya kuzongera andi mafaranga mu gusana Cabo Delgado uko ibintu bizagenda bisubira mu buryo kandi bikazakorwa mu bice byinshi by’iriya Ntara.

Igice cya mbere cy’ariya mafaranga cyatangiye gushorwamo mu mishinga muri Mutarama, 2022.

Ku ikubitiro hagombaga gusanwa inzu za Leta, ibitaro, amashuri, imiyoboro y’amazi n’ibindi.

Imbumbe y’amafaranga Banki y’isi yateguye mu gusana Cabo Delgabo ingana na miliyoni $ 300.

Ibyihebe byari byarigaruriye Cabo Delgado
Ingabo z’u Rwanda na Polisi birukanye biriya byihebe
TAGGED:BufaransaCabo DelgadofeaturedGazInyeshyambaMozambiquePeteloriRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango ‘Igiye Kuba’ Indiri Y’Abagizi Ba Nabi Batema Abaturage
Next Article U Rwanda Rumaze Iminsi Rutanga Abagabo Ku Bushotoranyi Bwa DRC, Ikizakurikiraho ‘Bakitege’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?