Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bwongereza Burashaka Kuva Mu Rukiko Rw’u Burayi Rw’Uburenganzira Bwa Muntu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Bwongereza Burashaka Kuva Mu Rukiko Rw’u Burayi Rw’Uburenganzira Bwa Muntu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 June 2022 11:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe u Bwongereza bwaharaniraga kuva mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, bisa n’aho bwibagiwe ko hari n’urundi rwego bufitemo ubunyamuryango kandi urwo rwego rukomeye. Ni Urukiko rw’u Burayi rushinzwe uburenganzira bwa muntu.

Abacamanza bo muri uru rukiko nibo baraye babangamiye icyemezo cya Guverinoma y’u Bwongereza cyo kohereza abimukira babishaka mu Rwanda kugira ngo bahabe mu gihe bataremerwa kuba mu Bwongereza mu buryo bukurikije amategeko.

Nyuma yo kubangira iki cyemezo, Guverinoma ya Borris Johnston ndetse n’Abadepite muri rusange barakajwe nacyo ndetse ubu hari amakuru avuga ko u Bwongereza bugiye gutangira gushyiraho uburyo buhamye bwo guhagarika kuba umunyamuryango washyize umukono ku masezerano ashyiraho ruriya rukiko rukorera mu Bufaransa.

Icyemezo cya ruriya rukiko cyabangamiye icyemezo cy’inkiko zo mu Bwongereza zemeraga ko u Bwongereza n’u Rwanda byashyira mu bikorwa iriya gahunda kuko ngo ‘nta bwicamategeko buyirimo.’

Amakuru atangwa na Dailymail avuga ko Minisitiri ushinzwe ibibera imbere mu Bwongereza witwa Priti Patel yatangiye gutekereza ubundi buryo bwo kohereza bariya bimukira mu Rwanda ndetse ngo hari indi ndege iri gutegurwa.

Biteganyijwe ko hari ijambo azageza imbere y’Abagize Inteko ishinga amategeko mu gihe gito kiri imbere.

Mu gihe ibi biri kuba kandi hari abandi bimukira 300 baraye bageze mu Bwongereza mu buryo budakurikije amategeko.

Abimukira byari biteganyijwe ko bazanwa mu Rwanda barimo abakomoka muri Iraq, Iran, Vietnam na Albanie.

Saa yine z’ijoro( 10:pm) umugenzi umwe yari yamaze kugera mu ndege yo mu bwoko bwa Boeing  yari bubazane mu Rwanda ariko yaje kubwirwa ko iriya ndege itagihagurutse, bityo ko agomba gusohoka.

U Bwongereza bwahise burakara buvuga ko igihe kigeze ngo buve mu bunyamuryango bwa ruriya rukiko.

Minisitiri w’Intebe Boris Johnston yavuze ko iyi ari gahunda igomba gukorwa uko bishoboka kose.

Si u Bwongereza gusa bwifuza kuva muri ruriya rukiko kuko n’u Bugereki bwigeze kubisaba.

N’u Burusiya nabwo ni uko.

Uru rukiko rurimo ibihugu binyamuryango 50 kandi u Bwongereza buri mu byarushinze.

Nyuma y’uko bitangajwe ko Urukiko rw’u Burayi rushinzwe uburenganzira bwa muntu rwitambitse icyemezo cy’u Bwongereza, amakuru avuga ko ibintu bishyuha hagati y’abagize Guverinoma n’Abadepite, impaka zibera kuri WhatsApp biratinda!

Umwe mu bari kuri urwo rubuga witwa  James Sutherland yanditse ati: “ Ariko koko murumva ibi bishoboka gutya tukabyihanganira? Ni gute ruriya rukiko rwitambika icyemezo cyafashwe n’igihugu kigenga nk’u Bwongereza?”

Umudepite witwa Andrea Jenkyns yasubije kuri urwo rubuga rwa ba nyakubahwa abadepite ati: “ Mureke tuvane igihugu cyacu muri ruriya rukiko bityo rureke gukomeza kuvangira imikorere y’amategeko yacu.”

Kuva u Bwongereza bwava mu Bumwe bw’u Burayi bisa n’aho byarakaje bagenzi babo bituma biyemeza kuzakora igishoboka cyakoma mu nkokora imigambi y’Abongereza.

Mbere y’uko ikibazo cy’abimukira gifata intera kiriho mu Bwongereza muri iki gihe, ubutegetsi bw’i London bwasabaga ubw’i Paris gukora uko bushoboye bukabakumira ariko bwabirengeje ingohe.

Rumwe mu ngero zerekana umubano ko hari umwuka wo guhima u Bwongereza uri i Burayi ni ibiherutse kuba ubwo Ambasaderi w’u Bufaransa mu Bwongereza Madamu Catherine Colonna yatumizwagango agire ibyo asobanurira kucyateye igihugu cye gufata ubwato bwarimo buroba mu mazi u Bwongereza bwita ko ari mpuzamahanga,.

Tariki 28, Ukwakira, 2021 Guverinoma y’u Bwongereza yashinje iy’u Bufaransa gutandukira amategeko mpuzamahanga agenga uburobyi.

Icyo gihe Umunyamabanga wa Leta mu Bwongereza ushinzwe iby’ububanyi n’amahanga witwa Liz Truss yavuze ko ‘byabaye ngombwa’ ko Ambasaderi Catherine Colonna yitaba akagira ibyo asobanura kuri iriya ngingo.

Icyo gihe Liz yavuze ko iby’u Bufaransa bwakoze bitari bikwiye kandi ko birimo kuvogera uburenganzira bw’u Bwongereza bwo gukoresha amazi y’ibirwa byitwa Channel Islands.

Twibutse abasomyi koi bi bitwa bya Channel Islands ari nabyo abimukira bakoresha bava mu Bufaransa baza mu Bwongereza!

Nyuma y’ikibazo cyatangiye gishingiye ku burenganzira bwo kuroba, nyuma cyaje gufata indi ntera kigera ku rwego rw’abimukira u Bwongereza buvuga ko bava mu Bufaransa bakaza kubuteza akaduruvayo.

Ni akaduruvayo kaguyemo abantu benshi baguye mu mazi bava mu Bufaransa bajya mu Bwongereza.

Ubwongereza bwaje kwihanira u  Bufaransa biraburakaza…

u Bufaransa n’u Bwongereza bifitanye ikibazo cya bucece gishingiye ku bimukira

Nyuma y’ibi byose, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Borris Johnston yandikiye  Perezida Emmanuel Macron ibaruwa  ikubiyemo ibyo u Bwongereza bufata nk’ingamba zatuma ibintu bisubira mu buryo.

Ibaruwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson yageze mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa irabarakaza.

Umujinya w’i Paris watumye iki gihugu gihagarika kubonana n’Umunyamabanga wa Leta w’u Bwongereza ushinzwe umutekano imbere mu gihugu  Madamu Priti Patel wagombaga kujya yo ngo aganire nabo uko abimukira bavayo bakumirwa.

Hari abimukira bigeze kubwira MailOnline ko bagomba kwinjira mu Bwongereza ‘uko byagenda kose.’

Iri zima ryabo niryo rituma hari abarohama bagapfa kandi bapfa abapolisi b’Abafaransa bashinzwe umutekano wo mu mazi babarebera!

Umwuka mubi hagati ya Paris na London waje gutuma Abafaransa batangaza ko Madamu Patel atemerewe kuzitabira inama yabereye   i Paris yitabirwa n’abandi ba Minisitiri bashinzwe ubutegetsi bw’igihugu bo mu Burayi.

Abanyaburayi basa n’abashyizeho uburyo bwo kohereza u Bwongereza abimukira babahungiraho kugira ngo barebe uko buzabyifatamo.

Igitangaje ni uko n’uburyo u Bwongereza bwari bwaratekereje bwo guhangana n’iki kibazo binyuze mu bufatanye n’u Rwanda, Urukiko rw’u Burayi rwabubangamije kandi kugeza ubu u Bwongereza ntacyo bwabikoraho!

 

TAGGED:AbimukiraBufaransaBurayifeaturedMuntuUburenganzira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article MoMoBusiness: Uburyo Bushya Bwo Kwishyurana Bugenewe Abacuruzi
Next Article Imyitozo Ingabo Z’u Rwanda Na Polisi Zarimo Muri Uganda Yarangiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?