Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Mu Biganiro Bya Nyuma Na Qatar Airways Ku Migabane Muri RwandAir
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Mu Biganiro Bya Nyuma Na Qatar Airways Ku Migabane Muri RwandAir

admin
Last updated: 19 March 2021 10:15 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko RwandAir iri mu biganiro bya nyuma na Qatar Airways, mbere y’uko icyo kigo gikomeye mu by’indege ku isi kigura imigabane mu kigo cy’indege cy’u Rwanda.

Ni igikorwa cyitezweho kongerera imbaraga ubukerarugendo mu Rwanda n’ubucuruzi muri rusange, ibikorwa byagizweho ingaruka zikomeye n’icyorezo cya COVID-19.

Muri Gashyantare umwaka ushize nibwo Qatar Airways yatangaje ko iri mu biganiro na RwandaAir, hagamijwe kugura 49% by’imigabane muri iki kigo gikomeje kwaguka uko bwije n’uko bukeye.

Ni imikoranire izatuma RwandAir irushaho guhangana ku isoko ry’ubwikorezi no kwirinda ibibazo nk’ibigenda biba ku bigo byahoze bikomeye kuri iri soko nka Kenya Airways na South African Airways.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu kiganiro na Africa Report/Jeune Afrique, Ndagijimana yakomeje ati “Turi mu biganiro bya nyuma, ikigo kizaba gikomeye kinafite indege nyinshi n’ubushobozi bwisumbuye kurushaho.”

Gusa yirinze gutangaza itariki amasezerano azashyirirwaho umukono, avuga ko Guverinoma y’u Rwanda izakomeza kuba umunyamigabane munini muri icyo kigo.

Ibiganiro muri RwandAir bikomeje mu gihe mu Ukukoza 2019 Guverinoma y’u Rwanda na Qatar Airways basinye amasezerano y’ubufatanye mu ishoramari mu kibuga cy’Indege cya Bugesera.

Ni imikoranire igizwe n’amasezerano atatu yo kubaka, kugira mu nshingano no kubyaza umusaruro iki kibuga kizaba gifite imiterere igezweho.

Ni amasezerano yahaye Qatar Airways 60% muri uyu mushinga wose hamwe ufite agaciro ka miliyari $1.3.

- Advertisement -

Iki kibuga kirimo kubakwa mu Bugesera kizaba cyakira abagenzi miliyoni zirindwi ku mwaka. Ni mu gihe Ikibuga Mpuzamahanga cy’indege cya Kigali kiri mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kanombe cyo cyakira abagenzi miliyoni imwe ku mwaka.

Muri iki gihe cya COVID-19 ibintu ntabwo bimeze neza ku rwego rw’ubwikorezi bw’indege, aho ingendo nyinshi zagiye zihagarara ndetse imipaka y’ibihugu igafungwa mu gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Guverinoma iheruka kwemeza ko igiye gushora miliyari 145 Frw muri RwandAir mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020/2021, zivuye kuri miliyari 122 Frw mu mwaka wari wabanje.

Ndagijimana yavuze ko nubwo urwego rw’ubwikorezi rwahungabanye RwandAir ikaba idatanga inyungu, itanga umusanzu mu iterambere ry’izindi nzego.

Yakomeje ati “Ariko ifasha mu bucuruzi, mu kohereza mu mahanga ibikorerwa mu gihugu ndetse imbuto n’imboga bikabasha kugera ku masoko yo mu Burayi.”

No mu gihe ingendo z’abagenzi zahagarikwaga, RwandAir yakomeje kwifashishwa mu gutwara ibikoresho byo kwa muganga nk’ibifasha mu kwirinda kwandira COVID-19 n’ibyo gupima icyo cyorezo.

Urwego rw’ubukerarugendo mu zahungabanye

Ubwo leta iheruka gushyiraho ikigega cya miliyoni $100 cyo kuzahura ubukungu , igice kinini cyagenewe gufasha urwego rw’amahoteli.

Minisitiri Ndagijimana yavuze ko Leta yemereye za banki kuvugurura inguzanyo zahawe abakiliya, zikongera igihe zizishyurirwa kandi Leta ikazitera inkunga kugira ngo biriya bishoboke.

Kugeza ubu ibikorwa byinshi birimo kuzahuka, aho byagaragariye mu mikorere y’urwego rw’inganda zikora ibintu bikenerwa buri mu nsi ndetse no mu bucuruzi.

Mu mwaka ushize mu gihe igihugu cyashyiragaho gahunda ya guma mu rugo, izamuka ry’umusaruro mbumbe w’igihugu ryari -12.4%. Ni imibare Minisitiri Ndagijimana avuga ko yaherukaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu gihembwe cya gatatu cy’umwaka w’ingengo y’imari, ubukungu bwazamutse -3.4%. Hari icyizere ku mibare y’ubukungu mu gihembwe cya nyuma cy’umwaka ushize.

Leta yiteze ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamukaho 5.6% muri 2021.

Qatar Airways ni ikigo gikomeye ku isi mu by’indege
TAGGED:COVID-19Dr Uzziel NdagijimanafeaturedQatar AirwaysRwandAir
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Samia Suhulu Yarahiriye Kuyobora Tanzania
Next Article Umugabo Afunzwe Ashinjwa Gukorera Iyicarubozo Umwana We w’Imyaka Itatu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RDF Iri Kubaka Igisirikare Cya Mozambique Kirwanira Ku Butaka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?