U Rwanda Na DRC Baganiriye ‘Ibyerekeye Amabuye Y’Agaciro’

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo Bwana Vincent Karega yabwiye Taarifa ko yahuye n’Umujyanama wa Perezida Tshisekedi ushinzwe ibyerekeye ishoramari bavuga uko ibihugu byombi bakorana mu bucuruzi, ubuhinzi n’iby’amabuye y’agaciro.

U Rwanda rufitanye umubano mwiza na DRC kuva Felix Tshisekedi yagera ku butegetsi asimbuye Joseph Kabila

Vincent Karega avuga ko we na  J. C. Kabongo baganiriye uko ibihugu byombi byashyira mu bikorwa amasezerano y’ubufatanye mu ngeri nyinshi.

Yatubwiye ati: “Naganiriye na mugenzi wanjye ibyerekeye  gushyira mu bikorwa amasezerano n’ imishinga y’ ubufanye  hagati y’ ibihugu byombi mu nzego zitandukanye: harimo ubuhinzi, ikorana-buhanga, amabuye y’ agaciro, ibikorwa remezo, urwego rw’imari n’ibindi.”

- Advertisement -

Umubano mwiza w’u Rwanda na DRC kandi uherutse kugaragarira mu ruzinduko itsinda ry’u Rwanda ryari riyobowe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Dr Vincent Biruta ryagiyeyo rigahura na Perezida Tshisekedi.

Bamwe mu bari barigize harimo Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda General Jean Bosco Kazura hamwe n’Umuyobozi w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe iperereza Major General Joseph Nzababwita.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version