Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na DRC Birashyize Bisinye Amasezerano Y’Amahoro 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Na DRC Birashyize Bisinye Amasezerano Y’Amahoro 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2025 8:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Washington Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Olivier Patrick Nduhungirehe yashyize umukono ku masezerano y’amahoro ruhuriyeho na DRC yari ihagarariwe na Minisitiri wayo ushinzwe ububanyi n’amahanga Therese Kayikwamba Wagner.

Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio niwe wari uhari nk’umuyobozi wabishinzwe na Donald Trump.

Intumwa ya Amerika ishinzwe Afurika Massad Boulos niyo yari ishinzwe guhuza ibiganiro, akaba yavuze ko zimwe mu ngingo zikomeye ziyakubiyemo ari uguhagarika imirwano kandi ntihagire igihugu kivogera ubusugire bw’ikindi.

Mu ijambo rye, Nduhungirehe yashimye ko muri ayo masezerano hatirengagijwe akaga FDLR yateje kandi igiteje u Rwanda, avuga ko Kigali ifite icyizere cy’uko ubu ayo masezerano nayo atazaraza amasinde.

Yavuze ko u Rwanda ruzakomeza kubahiriza ibirureba ngo ibikubiye muri ayo masezerano byubahirizwe.

DRC, ibinyujije mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, nayo yavuze ko isinywa ry’aya masezerano ari intsinzi kuri yo mu rwego rwo gutuma ubusugire bwayo butongera kuvogerwa.

Hagati aho, abasomyi ba Taarifa Rwanda bakwiye kumenya ko i Doha muri Qatar hari kubera ibindi biganiro hagati ya AFC/M23 na Repubulika ya Demukarasi ya Congo ku bibazo bireba izo mpande.

Ni ibibazo DRC yakunze kuvuga ko u Rwanda rubifitemo uruhare, rwo rukabihakana.

Nk’uko Nduhungirehe yabivuze, hari icyizere ko kuri iyi nshuro ibikubiye muri ayo masezerano bizakurikizwa kuko hari n’andi yabaye ‘amasigarakicaro’.

Massad Boulos, Umukwe wa Trump, yahise atangaza ko ayo masezerano ahita atangira gushyirwa mu bikorwa.

TAGGED:AmahoroAmasezeranoAmerikaCongofeaturedMarcoRubioRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kaminuza Y’U Rwanda Ishimirwa Ko Yumviye Inama Z’Umugenzuzi W’Imari
Next Article Nduhungirehe Yabwiye Trump Ko u Rwanda Rumufitiye Icyizere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?