Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na DRC Birashyize Bisinye Amasezerano Y’Amahoro 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Na DRC Birashyize Bisinye Amasezerano Y’Amahoro 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2025 8:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Washington Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Olivier Patrick Nduhungirehe yashyize umukono ku masezerano y’amahoro ruhuriyeho na DRC yari ihagarariwe na Minisitiri wayo ushinzwe ububanyi n’amahanga Therese Kayikwamba Wagner.

Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio niwe wari uhari nk’umuyobozi wabishinzwe na Donald Trump.

Intumwa ya Amerika ishinzwe Afurika Massad Boulos niyo yari ishinzwe guhuza ibiganiro, akaba yavuze ko zimwe mu ngingo zikomeye ziyakubiyemo ari uguhagarika imirwano kandi ntihagire igihugu kivogera ubusugire bw’ikindi.

Mu ijambo rye, Nduhungirehe yashimye ko muri ayo masezerano hatirengagijwe akaga FDLR yateje kandi igiteje u Rwanda, avuga ko Kigali ifite icyizere cy’uko ubu ayo masezerano nayo atazaraza amasinde.

Yavuze ko u Rwanda ruzakomeza kubahiriza ibirureba ngo ibikubiye muri ayo masezerano byubahirizwe.

DRC, ibinyujije mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, nayo yavuze ko isinywa ry’aya masezerano ari intsinzi kuri yo mu rwego rwo gutuma ubusugire bwayo butongera kuvogerwa.

Hagati aho, abasomyi ba Taarifa Rwanda bakwiye kumenya ko i Doha muri Qatar hari kubera ibindi biganiro hagati ya AFC/M23 na Repubulika ya Demukarasi ya Congo ku bibazo bireba izo mpande.

Ni ibibazo DRC yakunze kuvuga ko u Rwanda rubifitemo uruhare, rwo rukabihakana.

Nk’uko Nduhungirehe yabivuze, hari icyizere ko kuri iyi nshuro ibikubiye muri ayo masezerano bizakurikizwa kuko hari n’andi yabaye ‘amasigarakicaro’.

Massad Boulos, Umukwe wa Trump, yahise atangaza ko ayo masezerano ahita atangira gushyirwa mu bikorwa.

TAGGED:AmahoroAmasezeranoAmerikaCongofeaturedMarcoRubioRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kaminuza Y’U Rwanda Ishimirwa Ko Yumviye Inama Z’Umugenzuzi W’Imari
Next Article Nduhungirehe Yabwiye Trump Ko u Rwanda Rumufitiye Icyizere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Somalia: Al Shabaab Yagabye Igitero Aho Abarwanyi Bayo Bafungiye

Abagendera Muri Rwandair Bazajya Bareberamo ‘Filimi Nyarwanda’

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Kigali: U Rwanda Ruraganira Na Afurika Uko Politiki Ya ICT Yahuzwa

Abanya Venezuela Bari Guhabwa Intwaro Zo Kuzahangana Na Amerika

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Perezida Kagame Yashimiye Abanyarwanda Bafannye Igare

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaImibereho Y'Abaturage

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?