Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na Israel Bongereye Umubano Mu Gihe Rutabanye Neza Na Afurika y’Epfo 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Na Israel Bongereye Umubano Mu Gihe Rutabanye Neza Na Afurika y’Epfo 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 February 2025 8:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

 

Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga hagati y’u Rwanda na Israel baganiriye uko ibihugu byombi byarushaho gukorana muri ibi bihe ibintu bitifashe neza muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ni igikorwa kibaye mu gihe Afurika y’Epfo ivuga ko izihorera ku Rwanda ishinja kuba inyuma ya M23 umutwe uherutse kuyirasira abasirikare ukicamo 13 abandi bagakomereka.

Umugaba w’ingabo za Afurika y’Epfo witwa Gen Mapwanya yavuze ko u Rwanda ari rwo rwahaye M23 intwaro n’imyitozo bityo ko ibyabaye bitazatangirira hariya.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Perezida Kagame we yaraye abwiye abandi bayobozi ba EAC ko mugenzi we wa Afurika y’Epfo witwa Cyril Ramaphosa aherutse kuguhamagara amwigiraho umuhuza muri kiriya kibazo, ariko Kagame akavuga ko ibyo kuba umuhuza atari byo Ramaphosa mu by’ukuri yimirije imbere.

Kagame avuga ko Ramaphosa yahisemo kohereza ingabo muri DRC ngo zifatanye na FDLR, FARDC n’ingabo z’Uburundi hagamijwe gukomeza kurimbura Abatutsi bo muri DRC bavuga n’Ikinyarwanda.

Umwuka mubi wadutse hagati ya Kigali na Pretoria watumye u Rwanda ruganira na Israel kuri iyo ngingo ngo harebwe uko Kigali na Yeruzalemu babifatanyamo.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Amb. Olivier Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we Gideon Sa’ar, bavugana uko ibihugu byombi byabyifatamo.

Nduhungirehe yabwiye Sa’ar imizi y’ibibazo biri mu Karere, amubwira ko byose byatewe na FDLR igizwe n’abasize bahekuye u Rwanda.

- Advertisement -

Imikoranire hagati ya FDLR n’ingabo za DRC n’ubutegetsi bw’i Burundi nibyo muzi watumye M23 ihaguruka yirwanaho.

Sa’ar yabwiye Nduhungirehe ko igihugu cye kizakomeza kubana n’u Rwanda no muri ibyo bihe bikomeye.

Yanamubwiye ko ubufatanye hagati ya Kigali na Yeruzalemu bugomba gukomeza no mu zindi nzego.

Abasomyi bazirikane ko Afurika y’Epfo itabanye neza na Israel kuva kera.

Niyo yagiye kuyirega i La Haye ngo iri gukora Jenoside muri Gaza mu ntambara imazemo igihe muri Gaza irwana na Hamas nyuma y’igitero uyu mutwe wagabye kuri Israel uhitana abantu barenga 1000.

Abagize ubutegetsi bwa Afurika y’Epfo muri iki gihe barimo abashyigikiye amabwiriza yahoze ari ay’aba gashakabuhake bagize ikitwaga Apartheid.

Abo bagira uruhare mu gutuma umubano wa Afurika y’Epfo n’amahanga uhungabana.

Ni nabo batuma iki gihugu kibana nabi n’u Rwanda.

Mu gihe ibya Afurika y’Epfo bimeze bityo, u Rwanda rwo ruhagaze neza mu mibanire yarwo n’amahanga muri rusange n’ubwo nta byera ngo de!

Umubano warwo na Israel uhagaze neza ndetse nirwo wavuga ko ruhagarariye Israel muri Afurika.

TAGGED:FDLRfeaturedIsraelM23NduhungireheRwandaUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Gumisiriza Yasabye Abagiye Cabo Delgado Kuzakomeza Gukorana Neza N’Abandi
Next Article Ububanyi N’Amahanga Burakomeje, Kagame Yaganiriye Na Lourenço
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?