U Rwanda N’Uburayi Mu Kwita Ku Myigire Y’Abana Barwo

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente ari kumwe na Komiseri mu Muryango w’Uburayi ushinzwe ubufatanye mpuzamahanga Jutta Urpilainen basinye amasezerano y’ubufatanye bw’impande zombi mu guteza imbere imikurire n’imyigire  y’abana b’Abanyarwanda.

Yasinyiwe mu nama yo ku ruhande yamuhuje n’ubuyobozi bw’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi iri kubera i Brussels mu Bubiligi yiswe Global Gateway Forum.

Ni amasezerano afite agaciro ka miliyoni €50.

Arimo inguzanyo izahabwa u Rwanda mu kubaka amashuri agendanye n’imyigire iboneye y’abana b’Abanyarwanda.

- Advertisement -
Minisitiri Gaspard Twagirayezu niwe wayasinye ku ruhande rw’u Rwanda

Aya masezerano kandi akubiyemo amafaranga azafasha u Rwanda by’umwihariko n’Afurika muri rusange mu gukora inkingo.

Abagize Inama ya Global Gateway  Forum bari bamaze iminsi ibiri mu Bubiligi bigira hamwe uko ibibazo byugarije isi mu nzego zirimo n’ubuzima ndetse n’uburezi byashakirwa umuti urambye.

U Rwanda rusanganywe uburyo bwo kubaka ikigo cy’ikitegererezo mu kwigisha ibyo gukora inkingo.

Ikindi ni uko ari kimwe mu bihugu by’Afurika bifite gahunda yo kubaka uruganda rukora inkingo mu rwego rwo kubuza ko abaturage b’Afurika muri rusange bazongera kubura inkingo nk’uko byagenze mu mwaka wa 2020 n’uwa 2021 ubwo icyorezo COVID-19 cyacaga ibintu ku isi.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version